BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umukobwa arakekwaho kwica uruhinja yari yibyaje

Ruhango: Umukobwa arakekwaho kwica uruhinja yari yibyaje

admin
Last updated: December 6, 2022 8:39 pm
admin
Share
SHARE

Umukobwa witwa Maniraguha arashinjwa guhamba umwana we  mu rutoke ari muzima.

Ruhango ni mu ibara ritukura cyane

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byimana, Mutabazi Patrick, yabwiye UMUSEKE ko ibyo uyu mukobwa ashinjwa yabikoze ahagana saa saba zo kuri uyu wa kabiri taliki ya 06/12/2022 mu rugo  iwabo.

Mutabazi yavuze ko amakuru bayahawe n’abaturage bamaze gusuzuma ko uyu mukobwa atagitwite.

Ati: “Bamugenzuye basanga inda yari atwite ntayo agifite, batangira kubibwira abajyanama b’ubuzima.”

Gitifu yavuze ko babamenyesheje bihutira kujyayo, bahageze basanga ibyo abaturage bavuze ari ukuri.

Yavuze ko inzego z’ubugenzacyaha bari kumwe zamubajije aremera, abereka aho yamuhambye bamukuramo.

Ati: “Basanze uyu mwana yishe ari umuhungu, ubu umurambo we wajyanywe mu Bitaro i Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.”

Maniraguha Claudine afungiye kuri sitasiyo ya RIB Byimana mu gihe iperereza rikomeje.

MUHIZI ELISEE
UMUSEKE.RW/Ruhango.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Karinganire says:
    December 7, 2022 at 2:31 pm

    Ya baba!!!!Uyu we arizize rwose.Yamwiciye iki kandi ababyarira iwabo basigaye bahembwa 7,000 buri kwezi.Abandi bana b’abakobwa bari kurushanwa kubyara ngo bibonere cash none uyu arica uwo abyaye Koko??

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?