
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo bane bakekwaho kwica mugenzi wabo bavanye mu muhuro w’ubukwe .
Aba bagabo 4 barakekwaho kwambura ubuzima Niyigaba Jaques w’Imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Kigabiro, Umurenge wa Mbuye Akarere ka Ruhango bamukubise kugeza avuyemo umwuka.
Bamwe mu bari bahari biba bavuga ko bavuye muri uwo muhuro barwana, batangira kumukubita, umwe muri bo amukandagira mu nda kugeza apfuye.
Hari uwagize ati: “Twabonye uwitwa Majyambere ariwe umusigarana abandi bahise bahunga. Uwo muntu yapfuye koko, birakekwa ko ari urugomo yakorewe na bagenzi be bari kumwe bavuye mu muhuro.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye Muhire Floribert yemeje aya makuru avuga ko urupfu rwa nyakwigendera barumenye,ariko abakekwaho iki cyaha batamwiciye mu muhuro ahubwo ko uru rugomo rwabereye hanze bawuvuyemo nk’uko yabitangarije Umuseke .
Ati: “Uwo muntu yapfuye koko, birakekwa ko ari urugomo yakorewe na bagenzi be bari kumwe bavuye mu muhuro.”
Muhire yakomeje avuga ko abakekwaho iki cyaha bafashwe kuri ubu bajyanywe kuri Sitasiyo ya RIB mu Murenge wa Byimana kugira ngo hakorwe iperereza.
Ni mu gihe Umurambo wa Niyigaba Jacques wajyanywe mu Bitaro bya Kinazi gusuzumwa.
yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko amakuru y’urupfu rwa Niyigaba Jacques barumenye, gusa akavuga ko abakekwaho iki cyaha batamwiciye mu muhuro ko uru rugomo rwabereye hanze bawuvuyemo.
