BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > RDC: Umwuka mubi hagati ya Kiliziya Gatolika na Leta ya RDC ukomeje gututumba

RDC: Umwuka mubi hagati ya Kiliziya Gatolika na Leta ya RDC ukomeje gututumba

sam
Last updated: December 30, 2024 11:14 am
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’Inama y’Abepisikopi Gatolika muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu yasabye igisirikare cy’iki gihugu (FARDC) guhagarika iterabwoba cyatangiye kumushyiraho.

Tariki ya 23 Ugushyingo 2024, umuyobozi w’intara ya gisirikare ya 22, Brig Gen Eddy Kapend, yabujije Musenyeri Muteba gusomera Misa muri Kiliziya ya Saint Sébastien iherereye mu kigo cya gisirikare cya Vangu.

Uyu musirikare yasobanuye ko ari ngombwa kubungabunga umutekano mu bigo bya gisirikare biherereye mu ifasi ye, gusa Arikidiyosezi ya Lubumbashi yaramwamaganye.

Musenyeri Muteba yarenze ku ibwiriza rya Brig Gen Kapend, ajya gusomera Misa muri iyi Kiliziya nk’uko yari yabiteganyije, kandi abasirikare benshi basengera muri Kiliziya Gatolika bamwakiranye urugwiro.

Nyuma y’igihe kirenga ukwezi ashyiriweho iri bwiriza, Musenyeri Muteba yatangarije KTO TV ko nta gifatika Brig Gen Kapend yashingiyeho mu kurishyiraho.

Yagize ati “Ibwiriza nahawe nta shingiro ryari rifite kandi ryarimo kurengera. Nk’umukozi wa Kirisitu, ntabwo mpabwa amabwiriza na ba Maréchal cyangwa Colonel.”

Musenyeri Muteba yasobanuye ko ikigo cya gisirikare cya Vangu gikorera ku butaka bwa Kiliziya Gatolika, bityo ko ibwiriza rya Brig Gen Kapend ryari rigamije kubunyaga iri torero.

Umwuka mubi hagati ya Kiliziya Gatolika na Leta ya RDC watangiye gututumba ubwo Perezida Félix Tshisekedi yatangazaga ko afite umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga. Abashumba bakuru b’iri torero bawuteye utwatsi, basaba uyu Mukuru w’Igihugu gukemura ibikomeye bibangamiye Abanye-Congo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Rusizi: Kiliziya Gatolika yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Ingoro y’ubumwe n’ubwiyunge

3 Min Read
Iyobokamana

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

1 Min Read
Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?