BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > RDC: Kiliziya na leta ya Kinshasa bakomeje kurebana ay’ingwe

RDC: Kiliziya na leta ya Kinshasa bakomeje kurebana ay’ingwe

sam
Last updated: February 27, 2025 11:39 am
sam
Share
SHARE

Kiliziya gatolika yo muri Repubulika iharanira demokarasiya Congo (RDC) yamaganye iterabwoba ivuga ko iri gushyirwaho na leta ya Kinshasa.

Ibi kiliziya ibitangaje nyuma y’aho Urwego rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rushinzwe abinjira n’abasohoka (DGM) rufatiriye Pasiporo ya Musenyeri Donatien Nshole.

Musenyeri Nshole asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’inama nkuru y’Abepisikopi Gatolika muri RDC (CENCO).

Ni umwe mu boherejwe na Kiliziya kuganira n’abafasha uburasirazuba bw’iki gihugu kongera kubona amahoro, barimo abayobozi b’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Pasiporo ya Musenyeri Nshole yafatiriwe ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cya Luano mu mujyi wa Lubumbashi, avuye i Dar es Salaam mu nama y’Abepisikopi bo mu karere ka Afurika yo hagati, igamije gushakira akarere amahoro.

Icyo gihe, Musenyeri Nshole yari kumwe na Perezida wa CENCO, Musenyeri Fulgence Muteba, bateganya gukomereza i Kinshasa, mbere yo kujya muri Congo-Brazaville kugira ngo baganire na Perezida Denis-Sassou Nguesso ku buryo amahoro yaboneka mu karere.

Musenyeri Muteba yasobanuye ko pasiporo ya Nshole yafatiriwe amasaha menshi, irekurwa nyuma y’ibiganiro byinshi byabayeho.

Ati: “Ubwo twavaga i Dar es Salaam, twitegura gufata indege iva i Lubumbashi ijya i Kinshasa kubera ko twagombaga guhura na Perezida Sassou Nguesso kuri uyu wa Kane, urwego rw’abinjira n’abasohoka muri Lubumbashi rwafatiriye pasiporo ya Musenyeri Nshole amasaha menshi. Yasubijwe pasiporo nyuma y’ibiganiro byinshi.”

Musenyeri Muteba yamaganye imyitwarire y’urwego rw’abinjira n’abasohoka, ati: “Ubu bushotoranyi ntabwo Kiliziya ishobora kubwemera. Turi gushakira amahoro abaturage bacu bari mu kababaro, iri terabwoba ntirizaca intege umuhate wacu wo gushaka ibisubizo binyuze mu mahoro by’ibibazo igihugu cyacu kiri kunyuramo.”

Abo mu nzego za Leta ya RDC batangiye kurakarira Musenyeri Nshole nyuma y’aho agaragaje ko ibiganiro by’amahoro bitarimo umutwe witwaje intwaro wa M23 bidashobora gufasha uburasirazuba bwa RDC kubona amahoro.

Yabivuze mu gihe Perezida Félix Tshisekedi wa RDC we avuga ko adashobora kuganira na M23 kuko ngo ni umutwe w’iterabwoba ukorera abaturage ubugizi bwa nabi.

Ibi birego M23 yarabihakanye, igaragaza ko ari ibinyoma bigamije kwibagiza abantu ko irwanirira Abanye-Congo bamaze imyaka myinshi batotezwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Ruhango: RGB yahagaritse amasengesho yaberaga ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

1 Min Read
Iyobokamana

Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Iyobokamana

Robert Prevost watorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku Isi ni muntu ki?

4 Min Read
Iyobokamana

Hatangiye imingenzo yo gutora papa mushya

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?