BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida wa Sena yatanze icyizere ku kibazo cy’ubwishingizi gikomeje kuzonga abatunze ibinyabiziga

Perezida wa Sena yatanze icyizere ku kibazo cy’ubwishingizi gikomeje kuzonga abatunze ibinyabiziga

admin
Last updated: August 1, 2022 3:18 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Sena, Dr Iyamurenye Augustin yijeje Abanyarwanda ko Inteko Ishingamategeko umutwe wa Sena, uzakomeza gukurikirana no gukora ubuvugizi ku kibazo cy’ubwishingizi bw’ibinyabiziga gikomeje kugaragazwa , ko igiciro kiri hejuru.

Perezida wa Sena y’u Rwanda avuga ko ihenda ry’ubwishingizi bw’ibinyabiziga rigera no kubasenateri

Ibi yabitangaje kuwa Gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2022 mu karere ka Nyagatare, ubwo hakorwaga umuganda ari nako abasenateri bahagirira umwiherero.

Abafite ibinyabiziga kenshi bakunze kumvikana binubira ko ibiciro by’ubwishingizi byazamutse ku rugero rukabije, bagasaba Leta gukorana n’ibigo by’ubwishingizi kugira ngo ibyo biciro byongere gusubizwa hasi.

Agaruka kuri iki kibazo Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, yavuze ko nka Sena bazakomeza kuvugana n’abashinzwe ibigo by’ubwishingizi ndetse n’izindi nzego zirebwa n’iki kibazo bikazakemurwa.

Yagize ati “Duherutse gukora inama nyunguranabitekerezo, ku ihame ryo kugeza ku Banyarwanda, tukabagezaho serivisi z’imari. Icyo gihe twari kumwe za Guverineri wa Banki y’Igihugu, abayobozi b’amabanki, abubw’ishingizi. Mu nama twakoze icyo kibazo twakigarutseho, natwe kiratureba,natwe turakizi.”

Yavuze ko izamuka ry’ubwishingizi bw’ibinyabiziga bigira ingaruka no ku basenateri ati “Kuko abasenateri bafite za moto, imodoka, nabo assurance babona ko zihenda. Ariko cyane cyane iyo ari igikoresho kigomba no kukuzanira inyungu, urareba uti Assurance ntanga nzayibona mu mafaranga mbona? Icyo ni ikibazo natwe nka Sena twatanze kandi nabizeza ko tuzakomeza kugikurikirana.”

Yakomeje avuga ko amasosiyete y’ubwingizi areba inyungu bityo ko iyo abafata ubwinshingizi ari bacye, amafaranga yiyongera.

Yakomeje ati “Ariko nanone turi abavugizi tuba tugomba no kureba aho abantu bahuriza.”

Hari abakora akazi ko gutwara moto mu mujyi wa Kigali babwiye UMUSEKE ko igiciro cya Lisansi n’ubwishingizi ari bimwe mu bituma imibereho yabo imera nabi.

Umwe yagize ati “Iby’ubwishingizi byo biracyari kwa kundi nta cyahindutse. Iyo urebye usanga byarazamutse ugereranyije na mbere. Mbere byari ibihumbi 60Frw , bigenda bizamuka bigera ku ibihumbi 90frw, bigera ku bihumbi 100Frw, bigenda bizamuka , bigera ku bihumbi 150Frw. Mu nama bari batwijeje ko bazabikemura ariko twarategereje turaheba.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’uRwanda ,John Rwangombwa , yatangaje ko intandaro y’izamuka ry’ibiciro by’ubwishingizi ari imyatwarire y’abamotari bakunze gukora impanuka.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • kagambage says:
    August 1, 2022 at 6:10 pm

    Ikibazo nyamukuru duhura nacyo,nuko iyo imodoka zacu zikoze impanuka,usanga ari twe tuzikoresha,kubera ko Insurance Companies ziruhanya cyane kuli dossier ya Accidents.Bishobora gutwara imyaka 2 mbere y’uko wishyurwa,kandi wagombye kujya mu manza.Kuki batigana Uburayi ngo bishyure vuba,aho kuturushya??

    Reply
  • kagambage says:
    August 1, 2022 at 6:10 pm

    Ikibazo nyamukuru duhura nacyo,nuko iyo imodoka zacu zikoze impanuka,usanga ari twe tuzikoresha,kubera ko Insurance Companies ziruhanya cyane kuli dossier ya Accidents.Bishobora gutwara imyaka 2 mbere y’uko wishyurwa,kandi wagombye kujya mu manza.Kuki batigana Uburayi ngo bishyure vuba,aho kuturushya??

    Reply

Leave a Reply to kagambage Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?