BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida wa Sena yatanze icyizere ku kibazo cy’ubwishingizi gikomeje kuzonga abatunze ibinyabiziga

Perezida wa Sena yatanze icyizere ku kibazo cy’ubwishingizi gikomeje kuzonga abatunze ibinyabiziga

admin
Last updated: August 1, 2022 3:18 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Sena, Dr Iyamurenye Augustin yijeje Abanyarwanda ko Inteko Ishingamategeko umutwe wa Sena, uzakomeza gukurikirana no gukora ubuvugizi ku kibazo cy’ubwishingizi bw’ibinyabiziga gikomeje kugaragazwa , ko igiciro kiri hejuru.

Perezida wa Sena y’u Rwanda avuga ko ihenda ry’ubwishingizi bw’ibinyabiziga rigera no kubasenateri

Ibi yabitangaje kuwa Gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2022 mu karere ka Nyagatare, ubwo hakorwaga umuganda ari nako abasenateri bahagirira umwiherero.

Abafite ibinyabiziga kenshi bakunze kumvikana binubira ko ibiciro by’ubwishingizi byazamutse ku rugero rukabije, bagasaba Leta gukorana n’ibigo by’ubwishingizi kugira ngo ibyo biciro byongere gusubizwa hasi.

Agaruka kuri iki kibazo Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, yavuze ko nka Sena bazakomeza kuvugana n’abashinzwe ibigo by’ubwishingizi ndetse n’izindi nzego zirebwa n’iki kibazo bikazakemurwa.

Yagize ati “Duherutse gukora inama nyunguranabitekerezo, ku ihame ryo kugeza ku Banyarwanda, tukabagezaho serivisi z’imari. Icyo gihe twari kumwe za Guverineri wa Banki y’Igihugu, abayobozi b’amabanki, abubw’ishingizi. Mu nama twakoze icyo kibazo twakigarutseho, natwe kiratureba,natwe turakizi.”

Yavuze ko izamuka ry’ubwishingizi bw’ibinyabiziga bigira ingaruka no ku basenateri ati “Kuko abasenateri bafite za moto, imodoka, nabo assurance babona ko zihenda. Ariko cyane cyane iyo ari igikoresho kigomba no kukuzanira inyungu, urareba uti Assurance ntanga nzayibona mu mafaranga mbona? Icyo ni ikibazo natwe nka Sena twatanze kandi nabizeza ko tuzakomeza kugikurikirana.”

Yakomeje avuga ko amasosiyete y’ubwingizi areba inyungu bityo ko iyo abafata ubwinshingizi ari bacye, amafaranga yiyongera.

Yakomeje ati “Ariko nanone turi abavugizi tuba tugomba no kureba aho abantu bahuriza.”

Hari abakora akazi ko gutwara moto mu mujyi wa Kigali babwiye UMUSEKE ko igiciro cya Lisansi n’ubwishingizi ari bimwe mu bituma imibereho yabo imera nabi.

Umwe yagize ati “Iby’ubwishingizi byo biracyari kwa kundi nta cyahindutse. Iyo urebye usanga byarazamutse ugereranyije na mbere. Mbere byari ibihumbi 60Frw , bigenda bizamuka bigera ku ibihumbi 90frw, bigera ku bihumbi 100Frw, bigenda bizamuka , bigera ku bihumbi 150Frw. Mu nama bari batwijeje ko bazabikemura ariko twarategereje turaheba.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’uRwanda ,John Rwangombwa , yatangaje ko intandaro y’izamuka ry’ibiciro by’ubwishingizi ari imyatwarire y’abamotari bakunze gukora impanuka.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • kagambage says:
    August 1, 2022 at 6:10 pm

    Ikibazo nyamukuru duhura nacyo,nuko iyo imodoka zacu zikoze impanuka,usanga ari twe tuzikoresha,kubera ko Insurance Companies ziruhanya cyane kuli dossier ya Accidents.Bishobora gutwara imyaka 2 mbere y’uko wishyurwa,kandi wagombye kujya mu manza.Kuki batigana Uburayi ngo bishyure vuba,aho kuturushya??

    Reply
  • kagambage says:
    August 1, 2022 at 6:10 pm

    Ikibazo nyamukuru duhura nacyo,nuko iyo imodoka zacu zikoze impanuka,usanga ari twe tuzikoresha,kubera ko Insurance Companies ziruhanya cyane kuli dossier ya Accidents.Bishobora gutwara imyaka 2 mbere y’uko wishyurwa,kandi wagombye kujya mu manza.Kuki batigana Uburayi ngo bishyure vuba,aho kuturushya??

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?