BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida wa M23 yahuye n’umuhuza Uhuru Kenyatta – Ibyo baganiriye

Perezida wa M23 yahuye n’umuhuza Uhuru Kenyatta – Ibyo baganiriye

admin
Last updated: January 12, 2023 8:02 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro bya Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ndetse ubu akaba ari umuhuza mu bibazo bya Congo, byasohoye itangazo rijyanye n’ibiganiro yagiranye n’Abayobozi ba M23.

Uhuru Kenyatta ubwo yakiraga intumwa za M23

Bertrand Bisimwa n’intumwa ayoboye Lawrence Kanyuka, Colonel Castro, na Benjamin Mbonipa bahuriye n’umuhuza Uhuru Kenyatta i Mombasa, baganira ku bijyanye no gukomeza kuva mu bice bari barafashe.

Itangazo rivuga ko inyeshyamba za M23 ziyemeje gukomeza kuva mu duce zafashe mu rwego rwo kugaragaza ubusake mu gushyira mu bikorwa agahenge ko guhagarika imirwano kemejwe.

M23 kandi ngo yiyemeje gukomeza gukorana bya hafi n’ingabo z’Umuryango wa EAC zigenda zifata uduce twahozemo inyeshyamba.

Ibi biri mu myanzuro yari yafashwe n’Abakuru b’ibingabo z’ibihugu bya EAC mu nama yabereye i Bujumbura.

Itangazo ry’ibiro bya Uhuru Kenyatta rivuga ko M23 yiyemeje gukomeza kuva mu bice yafashe kandi bikagenzurwa n’ingabo za EAC n’urwego rushinzwe kugenzura ibibera ku mipaka, rwa ICGLR, ndetse himejwe ko abavuye mu byabo n’impunzi bakomeza gutaha mu ngo zabo.

M23 yasabye ko umuhuza aharanira ko amahoro agaruka muri Congo, ndetse basaba ko imitwe y’inyeshyamba yaba iyo muri Congo n’ikomoka hanze yayo irambika intwaro hasi, kandi igahagarika ibitero kuri M23 mu rwego rwo gushaka igisubizo mu mahoro.

Inama y’umuhuza Uhuru Kenyatta n’abayobozi ba M23 ngo yasanze hari intambwe iterwa mu kugaruka kw’ituze mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ndetse ngo abavuye mu byabo batangiye gutaha.

M23 yagaragaje ko ishyigikiye ubushake bw’ibihugu by’Akarere mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo, by’umwihariko inama iheruka guhuza Uhuru Kenyatta, Perezida Ndayishimiye Evariste ndetse na Perezida Felix Tshisekedi.

Ngo yanashimye ko ibiganiro bitaha bizaba mu kwezi kwa Kabiri bizabera muri Congo mu rwego rwo kubyegereza bene byo.

Uyu mutwe wanasabye Uhuru Kenyatta gusaba ko imbwirwaruhame n’ibikorwa byibasira abantu kubera abo bari bo bihagarara.

Ubusanzwe M23 Leta ya Congo ivuga ko ari umutwe w’Iterabwoba, ko itaganira na wo, gusa mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo i Luanda muri Angola, hemejwe ko M23 iva mu bice yafashe noneho Leta ya Congo ikabona kuganira na bo.

Ntihavuzwe niba mu biganiro bitaha bizahuza Abanye-Congo, n’umutwe wa M23 uzaba ubirimo.

Nibwo bwa mbere Umuhuza Uhuru Kenyatta ahuye n’intumwa za M23

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Rukundo says:
    January 13, 2023 at 4:23 pm

    M23 izarangirank’uko inyeshyamba z’aba Tigrayans muri Ethiopia zirangiye. Ariko amateka ubona ntacyo yigisha abirabura. Ni agahinda.

    Reply
  • Mahoro says:
    January 13, 2023 at 4:27 pm

    Abo bantu bibasirwa kubera abo ari bo, cyangwa kubera ibibi bikorwa mu izina ryabo ntibitandukanye nabyo?

    Reply
  • Pingback: Babiri mu barwanyi ba M23 bahawe ipeti rya Brigadier General – Umuseke
  • Bitasimwa says:
    January 16, 2023 at 10:39 pm

    Vraiment mungu atusaidie amalize vita ya mashariki ya ya congo. Tunateseka

    Reply

Leave a Reply to Rukundo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?