BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yavuze ku ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro byabaye muri Kenya

Perezida Kagame yavuze ku ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro byabaye muri Kenya

admin
Last updated: September 13, 2022 5:59 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri, muri Kenya habayeho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko yabyishimiye.

Uhuru Kenyatta ku mugaragaro ashyikiriza William Ruto ububasha bw’amategeko yo kuba Umukuru w’Igihugu cya Kenya

Umukuru w’Igihugu wari mu Banyacyubahiro bitabiriye biriya birori byabereye kuri Kasarani Stadium, i Nairobi, yavuze ko yishimiye kuba yari umwe mu Bayobozi babyitabiriye.

Ati “Byari ibyishimo kunana n’Abanyakenya n’abandi bayobozi mu muhango wo guha ubutegetsi umuvandimwe Williams Ruto, bikozwe n’uwo asimbuye, Perezida, Uhuru Kenyatta.”

Perezida Kagame yashimiye aba bayobozi bombi, n’Abanyakenya kuba bahererekanyije ubutegetsi mu mahoro.

Yavuze ko yizeye imikoranire irushijeho mu gihe kiri imbere.

Perezida Paul Kagame aramutsa William Ruto wabaye Perezida wa 5 wa Kenya

Kuba Kenyatta yahererekanyije ubutegetsi mu mahoro na Perezida mushya, William Ruto, kuri Perezida Samia Suluhu yagaragaje ko ari “isomo bahaye Africa y’Iburasirazuba”.

Perezida Yoweri Museveni we, mu ijambo rye yavuze ko Kenya ikeneye ibindi bihugu bya Africa y’Iburasirazuba kugira ngo yubake iterambere.

Yavuze ko kugira imitungo kamere bitavuze kugira ubukire, kuko ngo ubukire buva mu ishoramari kandi riha akazi bose.

Ati “Mu bunararibonye mfite bw’imyaka 60, nagira ngo ngire inama Abanyafurika kumenya ko ubukire buva mu kurema ubukungu. Mugomba kurema ubukungu. Ubukungu ntabwo ari umutungo kamere, wagira umutungo kamere ariko ntugire ubukungu muri wo.”

Yavuze ko ubukungu buva mu ibuhinzi busagurira amasoko, mu bitunganywa mu nganda, mu mahoteli n’ibindi bitanga akazi kuri bose.

UMUSEKE.RW  

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Ndengejeho Henry says:
    September 13, 2022 at 6:58 pm

    Ihererekanya ly’ubutegetsi ni ikimenyetso ko demokarasi ikora. Ni ibyo kwishimirwa yuko mu karere, bitangiye kuba umurage. Kenya na Tanzania bimaze kumenyera ayo mahame kandi Kongo (DRC) n’Uburundi nabyo biri mu nzira nziza. Ntawashidikanya ko ibindi bihugu bitatu bisigaye bya EAC bizigira kuri iyo ntambwe. Ariko ku mafoto ntibatweretse abakuru b’ibihugu: Tanzania, Kongo na Sudan!

    Reply
  • Rwogera says:
    September 14, 2022 at 3:15 pm

    Ntanisoni Kagame agira iyo abonye abaprezida batanu ba Kenya, USA. France, Burundi, Senegal etc…..we akicaye ku gakanu k’abanyarwanda bamwanga urunuka akaba ari nayo mpamvu ati
    nya gufungura urubuga rwa politiki ngo abakandida bakunzwe batorwe bya nyabo asezererwe ubutazegura umutwe!

    Reply
    • israel ganza says:
      September 14, 2022 at 4:17 pm

      Ibyo nibitekerezo byawe
      ntabwo mpamya ko wabyumvikanaho nabanyarwanda benshi.
      ikibazo si umubare wabasimburana kubutegetsi,ahubwo ikibazo ni ababujyaho cg ababuvaho bakorera abaturage icyo babashyiriyeho kdi icyo ndahamya ko Abanyarwanda ntacyo banenga Kagame kuko atuyoboye neza.

      Reply
    • My rwanda says:
      September 17, 2022 at 7:04 am

      Niba yicaye kugikanu cyawe njyewe ntacyo yicayeho, twe tureba icyo atumariye kdi agerageza kuzuza inshingano Zé, ikindi ntekereza ko bose bakora amatora yari yajyaho adatowe se , uzaze wiyamamaze abo uvuga yicaye kugakanu bazagutora

      Reply
  • israel ganza says:
    September 14, 2022 at 4:18 pm

    Ibyo nibitekerezo byawe
    ntabwo mpamya ko wabyumvikanaho nabanyarwanda benshi.
    ikibazo si umubare wabasimburana kubutegetsi,ahubwo ikibazo ni ababujyaho cg ababuvaho bakorera abaturage icyo babashyiriyeho kdi icyo ndahamya ko Abanyarwanda ntacyo banenga Kagame kuko atuyoboye neza.

    Reply

Leave a Reply to israel ganza Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?