BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yavuze ku ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro byabaye muri Kenya

Perezida Kagame yavuze ku ihererekanya ry’ubutegetsi mu mahoro byabaye muri Kenya

admin
Last updated: September 13, 2022 5:59 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri, muri Kenya habayeho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko yabyishimiye.

Uhuru Kenyatta ku mugaragaro ashyikiriza William Ruto ububasha bw’amategeko yo kuba Umukuru w’Igihugu cya Kenya

Umukuru w’Igihugu wari mu Banyacyubahiro bitabiriye biriya birori byabereye kuri Kasarani Stadium, i Nairobi, yavuze ko yishimiye kuba yari umwe mu Bayobozi babyitabiriye.

Ati “Byari ibyishimo kunana n’Abanyakenya n’abandi bayobozi mu muhango wo guha ubutegetsi umuvandimwe Williams Ruto, bikozwe n’uwo asimbuye, Perezida, Uhuru Kenyatta.”

Perezida Kagame yashimiye aba bayobozi bombi, n’Abanyakenya kuba bahererekanyije ubutegetsi mu mahoro.

Yavuze ko yizeye imikoranire irushijeho mu gihe kiri imbere.

Perezida Paul Kagame aramutsa William Ruto wabaye Perezida wa 5 wa Kenya

Kuba Kenyatta yahererekanyije ubutegetsi mu mahoro na Perezida mushya, William Ruto, kuri Perezida Samia Suluhu yagaragaje ko ari “isomo bahaye Africa y’Iburasirazuba”.

Perezida Yoweri Museveni we, mu ijambo rye yavuze ko Kenya ikeneye ibindi bihugu bya Africa y’Iburasirazuba kugira ngo yubake iterambere.

Yavuze ko kugira imitungo kamere bitavuze kugira ubukire, kuko ngo ubukire buva mu ishoramari kandi riha akazi bose.

Ati “Mu bunararibonye mfite bw’imyaka 60, nagira ngo ngire inama Abanyafurika kumenya ko ubukire buva mu kurema ubukungu. Mugomba kurema ubukungu. Ubukungu ntabwo ari umutungo kamere, wagira umutungo kamere ariko ntugire ubukungu muri wo.”

Yavuze ko ubukungu buva mu ibuhinzi busagurira amasoko, mu bitunganywa mu nganda, mu mahoteli n’ibindi bitanga akazi kuri bose.

UMUSEKE.RW  

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Ndengejeho Henry says:
    September 13, 2022 at 6:58 pm

    Ihererekanya ly’ubutegetsi ni ikimenyetso ko demokarasi ikora. Ni ibyo kwishimirwa yuko mu karere, bitangiye kuba umurage. Kenya na Tanzania bimaze kumenyera ayo mahame kandi Kongo (DRC) n’Uburundi nabyo biri mu nzira nziza. Ntawashidikanya ko ibindi bihugu bitatu bisigaye bya EAC bizigira kuri iyo ntambwe. Ariko ku mafoto ntibatweretse abakuru b’ibihugu: Tanzania, Kongo na Sudan!

    Reply
  • Rwogera says:
    September 14, 2022 at 3:15 pm

    Ntanisoni Kagame agira iyo abonye abaprezida batanu ba Kenya, USA. France, Burundi, Senegal etc…..we akicaye ku gakanu k’abanyarwanda bamwanga urunuka akaba ari nayo mpamvu ati
    nya gufungura urubuga rwa politiki ngo abakandida bakunzwe batorwe bya nyabo asezererwe ubutazegura umutwe!

    Reply
    • israel ganza says:
      September 14, 2022 at 4:17 pm

      Ibyo nibitekerezo byawe
      ntabwo mpamya ko wabyumvikanaho nabanyarwanda benshi.
      ikibazo si umubare wabasimburana kubutegetsi,ahubwo ikibazo ni ababujyaho cg ababuvaho bakorera abaturage icyo babashyiriyeho kdi icyo ndahamya ko Abanyarwanda ntacyo banenga Kagame kuko atuyoboye neza.

      Reply
    • My rwanda says:
      September 17, 2022 at 7:04 am

      Niba yicaye kugikanu cyawe njyewe ntacyo yicayeho, twe tureba icyo atumariye kdi agerageza kuzuza inshingano Zé, ikindi ntekereza ko bose bakora amatora yari yajyaho adatowe se , uzaze wiyamamaze abo uvuga yicaye kugakanu bazagutora

      Reply
  • israel ganza says:
    September 14, 2022 at 4:18 pm

    Ibyo nibitekerezo byawe
    ntabwo mpamya ko wabyumvikanaho nabanyarwanda benshi.
    ikibazo si umubare wabasimburana kubutegetsi,ahubwo ikibazo ni ababujyaho cg ababuvaho bakorera abaturage icyo babashyiriyeho kdi icyo ndahamya ko Abanyarwanda ntacyo banenga Kagame kuko atuyoboye neza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?