BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Feb 20, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

admin
Last updated: February 20, 2026 11:09 am
admin
Share
SHARE

Yasabye ko amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington muri Kamena na Ukuboza 2025 ndetse n’amasezerano y’ibanze yasinyiwe i Doha muri Qatar yubahirizwa na buri ruhande.

Intumwa ya EU yibukije Leta ya RDC ko igomba gusenya umutwe wa FDLR nk’uko ibisabwa n’amasezerano ya Washington, kandi igashyigikira ibiganiro bidaheza byahuza Abanye-Congo kugira ngo bashakire hamwe amahoro arambye.

Yagize ati “EU ikomeje gushyigikira ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari ku muhate bishyira mu gushaka amahoro n’iterambere. Ubufatanye mu bukungu bwagira uruhare rukomeye mu kugera kuri iyo ntambwe.”

Nubwo bimeze bityo, RDC ntibikozwa uretse gukomeza kwica abaturage bayo, Kinshasa yanakunze kwinangira ku bijyanye no gusenya FDLR ahubwo ikayitiza umurindi.

Nko ku wa 15 Gashyantare Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yihakanye imikoranire y’igihugu cyabo FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Yavuze ko u Rwanda rudakwiye guhora rwitwaza ikibazo cya FDLR ngo kuko igice kinini cy’abayigize kuri ubu bari mu bice bigenzurwa na AFC/M23 akunze kwitirira u Rwanda.

Icyakora Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yaramutamaje agaragaza ko ibyo avuga ari ibinyoma kuko umutwe wa FDLR wamaze guhuza imbaraga na FARDC nk’umwana na se bahuje ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Iki ni ikinyoma kindi, kuko umutwe munini w’abasigaye muri FDLR bafite amateka ya jenoside (umwana) ubana kandi ukorana n’Ingabo za Congo, FARDC (se), basangiye ingengabitekerezo ya Jenoside imwe.”

Kugeza ubu muri RDC habarurwa abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 n’ibihumbi 10.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

Babinyujije kuri X Minisiteri y'ikoranabuhanga n'Itumanaho na Inovasiyo yanditse iti"Amakuru y'ibihuha". Ku…

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick…

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi…

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka…

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

Yasabye ko amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Bruce Melodie yamurikiye Ambasaderi Nyamvumba imishinga afite

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ icyuzi gikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Ba Ofisiye 47 basoje amahugurwa mu Ishuri Rikuru rya Polisi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?