BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

admin
Last updated: March 6, 2026 6:17 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu kibumbiye hamwe ibigo bya Leta muri Kazakhstan, riyobowe na Nurlan Zhakupov ukiyobora.

Perezida Kagame yakiriye iri tsinda ku mugoroba wo ku wa 6 Werurwe 2026 nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byabitangaje.

Ibi biri byatangaje ko ibi biganiro byibanze ku masezerano u Rwanda na Kazakhstan biheruka gusinyana ajyanye no kubyaza umusaruro uruhererekane rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibijyanye n’amahirwe ari mu bushakashatsi ku mutungo kamere, kuwuteza imbere no gushora imari mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ku wa 28 Gicurasi 2025, u Rwanda na Kazakhstan byashyize umukono ku masezerano ajyanye n’uko iki gihugu cyo muri Aziya yo Hagati kizajya kirutumizamo amabuye ya Beryl akurwamo icyuma cya beryllium. Hari nyuma y’uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Kazakhstan.

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (Rwanda Mining Board- RMB) na Samruk Kazyna.

U Rwanda na Kazakhstan bisanzwe bufitanye andi masezerano mu nzego zirimo ibya dipolomasi, ikoranabuhanga, uburezi, ubuhinzi, ibijyanye n’imari.

Ni amasezerano arimo ingingo zikomeye nk’ubufatanye mu bushakashatsi mu bijyanye n’isanzure, kongera ingano y’ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu byombi, gukuraho visa ku badipolomate n’ibindi.

Perezida Paul Kagame ubwo aheruka kugirira uruzinduko muri iki gihugu yasuye Ikigo gikora ibijyanye n’Isanzure muri Kazakhstan, National Space Center. Ni urugendo rwari rugamije kurebera hamwe uburyo ibihugu byombi byarushaho guteza imbere imikoranire muri uru rwego mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?