BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

admin
Last updated: December 30, 2022 8:15 am
admin
Share
SHARE

Umukecuru Nyiramandwa Rachel wakundaga cyane Perezida Kagame yitabye Imana ku myaka 110 nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Nyiramandwa yari inshuti cyane na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyakwigendera Nyiramandwa Rachel yari atuye  mu kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Hildebrand Niyomwungeri yabwiye UMUSEKE ko mukecuru Nyiramandwa Rachel yitabye Imana mu masaha ya saa saba z’igicuku

Yagize ati”Mukecuru Nyiramandwa yaramaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kaminuza ya Huye(CHUB) yitabye Imana azize uburwayi”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko yari arwajwe n’umukobwa we nawe ugaragara nk’ukuze.

Nyakwigendera Nyiramandwa  yagiye agaragara mu bihe bitandukanye ari kumwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yagiriraga uruzinduko muri aka karere ka Nyamagabe,.

Umukuru w’Igihugu  kandi aheruka kugirira uruzinduko muri aka karere yamusuye mu rugo rwe baraganira. Perezida Kagame akaba yaramwubakiye inzu anamuha inka.

Mukecuru Nyiramandwa yapfakajwe na jenoside yakorewe abatutsi 1994 ari naho yaburiye bamwe mu bana be n’abandi bagize umuryango we.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW  i Nyamagabe

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kamere says:
    December 30, 2022 at 11:34 am

    Ariko abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply

Leave a Reply to kamere Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?