BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

admin
Last updated: December 30, 2022 8:15 am
admin
Share
SHARE

Umukecuru Nyiramandwa Rachel wakundaga cyane Perezida Kagame yitabye Imana ku myaka 110 nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Nyiramandwa yari inshuti cyane na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyakwigendera Nyiramandwa Rachel yari atuye  mu kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Hildebrand Niyomwungeri yabwiye UMUSEKE ko mukecuru Nyiramandwa Rachel yitabye Imana mu masaha ya saa saba z’igicuku

Yagize ati”Mukecuru Nyiramandwa yaramaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kaminuza ya Huye(CHUB) yitabye Imana azize uburwayi”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko yari arwajwe n’umukobwa we nawe ugaragara nk’ukuze.

Nyakwigendera Nyiramandwa  yagiye agaragara mu bihe bitandukanye ari kumwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yagiriraga uruzinduko muri aka karere ka Nyamagabe,.

Umukuru w’Igihugu  kandi aheruka kugirira uruzinduko muri aka karere yamusuye mu rugo rwe baraganira. Perezida Kagame akaba yaramwubakiye inzu anamuha inka.

Mukecuru Nyiramandwa yapfakajwe na jenoside yakorewe abatutsi 1994 ari naho yaburiye bamwe mu bana be n’abandi bagize umuryango we.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW  i Nyamagabe

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kamere says:
    December 30, 2022 at 11:34 am

    Ariko abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?