BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyiramandwa wari inshuti na Perezida Kagame yitabye Imana

admin
Last updated: December 30, 2022 8:15 am
admin
Share
SHARE

Umukecuru Nyiramandwa Rachel wakundaga cyane Perezida Kagame yitabye Imana ku myaka 110 nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Nyiramandwa yari inshuti cyane na Perezida Kagame yitabye Imana

Nyakwigendera Nyiramandwa Rachel yari atuye  mu kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Hildebrand Niyomwungeri yabwiye UMUSEKE ko mukecuru Nyiramandwa Rachel yitabye Imana mu masaha ya saa saba z’igicuku

Yagize ati”Mukecuru Nyiramandwa yaramaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kaminuza ya Huye(CHUB) yitabye Imana azize uburwayi”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko yari arwajwe n’umukobwa we nawe ugaragara nk’ukuze.

Nyakwigendera Nyiramandwa  yagiye agaragara mu bihe bitandukanye ari kumwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yagiriraga uruzinduko muri aka karere ka Nyamagabe,.

Umukuru w’Igihugu  kandi aheruka kugirira uruzinduko muri aka karere yamusuye mu rugo rwe baraganira. Perezida Kagame akaba yaramwubakiye inzu anamuha inka.

Mukecuru Nyiramandwa yapfakajwe na jenoside yakorewe abatutsi 1994 ari naho yaburiye bamwe mu bana be n’abandi bagize umuryango we.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW  i Nyamagabe

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kamere says:
    December 30, 2022 at 11:34 am

    Ariko abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo aho kurira,bakoresha umunsi mukuru.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi cyangwa muli Amerika.Turishima cyane.Reba noneho aramutse agiye mu ijuru,yitabye Imana !!!Twakoresha umunsi mukuru ukomeye!! Ikinyoma cya Roho idapfa kandi itekereza,cyahimbwe n’umugereki witwaga Platon utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Muli Yohana 6,umurongo wa 40,Yesu yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,ikamuha ubuzima bw’iteka.Uko niko kuli.Ibindi ni ibinyoma bibabaza Imana yaturemye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?