BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyarugenge: Basabwe kudahishira abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage

Nyarugenge: Basabwe kudahishira abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage

admin
Last updated: October 4, 2022 11:09 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwegera abaturage bakabaha ibyo bakagombye kubagenera nta kindi kiguzi, abaturage nabo basabwa kumenya uburenganzira bwabo bagaragaza abayobozi batubahiriza inshingano zabo bagamije ruswa.

Modeste Mbabazi, Umugenzuzi muri RIB yasabye abaturage kudahishira abayobozi babasiragiza

Ni ibyagarutsweho ku wa kabiri tariki ya 04 Ukwakira 2022, ubwo mu Murenge wa Mageragere Akarere ka Nyarugenge haberaga igikorwa cy’Ukwezi kwahariwe Serivisi za RIB mu baturage, gifite insanganyamatsiko igira iti “Guhabwa servisi inoze ni uburenganzira –Turwanye ruswa n’akarengane”.

Abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo bafite ndetse abatabivugiye mu ruhame, bakajya mu biro byimukanwa Abagenzacyaha bakabafasha.

Mbabazi Modeste, Umugenzuzi mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha yashimangiye ko guhabwa serivisi ari uburenganzira bwa buri wese kandi bihesha isura nziza ubuyobozi bw’igihugu.

Yavuze ko abaturage badakwiriye guhishira abayobozi babaheza mu rungabangabo bagamije kubaka ruswa ngo babahe ibyo bemererwa n’amategeko.

Ati “Ntabwo ushobora kugira imibereho myiza hari undi ushaka kugukora mu mufuka ngo aguhe ibyo ufitiye uburenganzira, uwo muntu ubarerega akabaheza mu rungabangabo ntakubwire icyo akeneye ahubwo agategereza ko wowe wibwiriza kugira ngo ugire icyo umugenera, ni icyaha kandi gikurikiranwa n’Ubugenzacyaha.”

Yakomeje agira ati “Ni byiza ko mutanga amakuru aho ariho hose kugira ngo uriya muntu ugushakamo ruswa akurikiranwe cyangwa iyo ruswa ikumirwe hakiri kare.”

Mbabazi yasabye abaturage kunyurwa n’ibyemezo by’inkiko ndetse n’ibyafashweho umwanzuro n’Abunzi.

Ati “Imanza zirakenesha, ukomeza kwikurura mu manza ariko utanga umutungo wawe wiruka inyuma y’ibyo uzi ko utazabona kubera kwanga ibyemezo by’ubutabera.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy yavuze ko gahunda zo gusobanurira abaturage serivisi za RIB zikomeza ubufatanye mu kurwanya itangwa rya serivisi mbi, ruswa n’akarengane.

Yavuze ko iyi gahunda ifite igisobanuro gikomeye ku iterambere ry’abaturage no gukemura ibibazo bafite, by’umwihariko ibafasha kumenya amategeko, ibihano, ibibujijwe n’ibyemewe.

Ati “Birakomeza kuzana ubumwe bw’abaturage n’inzego z’ubuyobozi hamwe no gukorera mu cyerekezo kimwe no kujyanamo muri gahunda zitandukanye za Leta.”

Bimwe mu bibazo ab’i Mageragere bagaragaje birimo iby’amakimbirane mu miryango, iby’imanza zabayemo akarengane, ibyubutaka n’ibibazo by’abadafite aho kuba.

Gahunda ya Serivisi za RIB mu baturage igiye kumara ibyumweru bitanu igezwa mu turere twose tw’Igihugu.

Abaturage bagaragaza ko mu gihe  iyi gahunda yajya iba kabiri mu mwaka, Umukuru w’Igihugu atakongera kugezwaho ibibazo byakagombye kuba byarakemuwe n’inzego z’ibanze.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy yasabye abayobozi kwita ku bibazo by’abaturage ku gihe
Abaturage basabwe kudahishira abayobozi bigira Kamara bakabima serivisi bagamije ruswa
Abaturage bahawe umwanya batanga ibibazo bihabwa umurongo
Hagaragaye ko abaturage bakeneye kwegerwa na RIB kugira ngo basobanukirwe inshingano zayo
Abanyeshuri basabwe gutunga urutoki abitwaza ibishuko bagamije kubahohotera kuko baba bagmije kwica ejo heza h’igihugu
Abagenzacyaha bakiriye ibibazo by’abaturage kugira ngo bishakirwe umuti
Inzego zitandukanye zitabiriye iki gikorwa cyashimwe n’abaturage

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Mika says:
    October 5, 2022 at 8:40 am

    Wap Rib urayihamagara irikukunyunyiza ingo ize gutabare ikakuniza wahanagara police ikakibwira ngo iyo ruswa bakwa wayibimye.wabura uko ugira ukayatanga.byambayeho.bibamwirere munyakuru

    Reply

Leave a Reply to Mika Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?