BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

admin
Last updated: October 11, 2022 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bo mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza basabwe kwirinda no gukumira ibiza mu rwego rwo kwirinda ingaruka bigira.

Abaturage beretswe filimi yo kwirinda ibiza

Croix Rouge y’u Rwanda muri gahunda yayo yo gukangurura abaturage uburyo bwo kwirinda ibiza n’uburyo biramutse bibaye babyitwaramo, basanze abaturage bo mu murenge wa Ntyazo barabaganiriza, babigisha uburyo barwanya ibiza.

Mukundiyukuri Solange umuhuzabikorwa wa Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Nyanza na Ruhango, yavuze ko mu kwirinda no kurwanya ibizi bakora byinshi birimo gutera ibiti, kuzirika ibisenge, gucukura imirwanyasuri n’ibindi kandi ko byose Croix Rouge y’u Rwanda yabiteguye

Ati “Turi gutanga inyigisho twifashishije amashusho “mobile cinema” kugira ngo umuturage yigishwe noneho tuzanamuhe ibikoresho birimo amasuka, ingemwe z’ibiti n’ibindi hari ubumenyi afite.”

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ntyazo bitabiriye iki gikorwa, babwiye UMUSEKE ko  nyuma y’uko bahawe inyigisho na bo ubwabo hari ibyo bagiye gukora.

Bizimana Vedaste utuye mu kagari ka Bugari, mu murenge wa Ntyazo ati “Birakwiye ko turwanya ibiza tugira imiringoti, tukanatera ibiti n’ibindi kuko n’inyigisho duhawe na Croix Rouge y’u Rwanda yabidusabaga.”

Mutangana Jean Claude utuye mu kagari ka Katarara ati “Ubusanzwe hari abatumvaga akamaro ko kwirinda ibiza batanasobanukiwe ko umuntu ashobora kwirinda, igisenge cy’inzu ye ntikibe cyaguruka, ariko aho duhawe inyigisho ubu tugiye guca akenge.”

Abaturage batanze ibitekerezo muri gahunda yo kwirinda ibiza

Lambert Ndahayo umukozi w’akarere ka Nyanza ushinzwe imicungire y’ibiza yasabye abaturage ko bagomba gushyira mu bikorwa ingamba zo kurwanya ibiza kuko bigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Ati “Dukunze kugira icyiza gikomeye ari cyo inkubi y’imiyaga, igatwara ibisenge by’inzu bityo turasabwa kuzirika ibisenge by’inzu n’ibindi.”

Muri ubu bukangurambaga abaturage berekwa amashusho y’uko bakwirinda ibiza bibera mu murenge wa Ntyazo, Kibirizi na Cyabakamyi kandi bizakomeza.

Abaturage bahawe impano ngo bakoreshe mukugira isuku

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?