BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

admin
Last updated: October 11, 2022 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bo mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza basabwe kwirinda no gukumira ibiza mu rwego rwo kwirinda ingaruka bigira.

Abaturage beretswe filimi yo kwirinda ibiza

Croix Rouge y’u Rwanda muri gahunda yayo yo gukangurura abaturage uburyo bwo kwirinda ibiza n’uburyo biramutse bibaye babyitwaramo, basanze abaturage bo mu murenge wa Ntyazo barabaganiriza, babigisha uburyo barwanya ibiza.

Mukundiyukuri Solange umuhuzabikorwa wa Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Nyanza na Ruhango, yavuze ko mu kwirinda no kurwanya ibizi bakora byinshi birimo gutera ibiti, kuzirika ibisenge, gucukura imirwanyasuri n’ibindi kandi ko byose Croix Rouge y’u Rwanda yabiteguye

Ati “Turi gutanga inyigisho twifashishije amashusho “mobile cinema” kugira ngo umuturage yigishwe noneho tuzanamuhe ibikoresho birimo amasuka, ingemwe z’ibiti n’ibindi hari ubumenyi afite.”

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ntyazo bitabiriye iki gikorwa, babwiye UMUSEKE ko  nyuma y’uko bahawe inyigisho na bo ubwabo hari ibyo bagiye gukora.

Bizimana Vedaste utuye mu kagari ka Bugari, mu murenge wa Ntyazo ati “Birakwiye ko turwanya ibiza tugira imiringoti, tukanatera ibiti n’ibindi kuko n’inyigisho duhawe na Croix Rouge y’u Rwanda yabidusabaga.”

Mutangana Jean Claude utuye mu kagari ka Katarara ati “Ubusanzwe hari abatumvaga akamaro ko kwirinda ibiza batanasobanukiwe ko umuntu ashobora kwirinda, igisenge cy’inzu ye ntikibe cyaguruka, ariko aho duhawe inyigisho ubu tugiye guca akenge.”

Abaturage batanze ibitekerezo muri gahunda yo kwirinda ibiza

Lambert Ndahayo umukozi w’akarere ka Nyanza ushinzwe imicungire y’ibiza yasabye abaturage ko bagomba gushyira mu bikorwa ingamba zo kurwanya ibiza kuko bigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Ati “Dukunze kugira icyiza gikomeye ari cyo inkubi y’imiyaga, igatwara ibisenge by’inzu bityo turasabwa kuzirika ibisenge by’inzu n’ibindi.”

Muri ubu bukangurambaga abaturage berekwa amashusho y’uko bakwirinda ibiza bibera mu murenge wa Ntyazo, Kibirizi na Cyabakamyi kandi bizakomeza.

Abaturage bahawe impano ngo bakoreshe mukugira isuku

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?