BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

Nyanza:Abaturage basabwe kwirinda no gukumira ibiza

admin
Last updated: October 11, 2022 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bo mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza basabwe kwirinda no gukumira ibiza mu rwego rwo kwirinda ingaruka bigira.

Abaturage beretswe filimi yo kwirinda ibiza

Croix Rouge y’u Rwanda muri gahunda yayo yo gukangurura abaturage uburyo bwo kwirinda ibiza n’uburyo biramutse bibaye babyitwaramo, basanze abaturage bo mu murenge wa Ntyazo barabaganiriza, babigisha uburyo barwanya ibiza.

Mukundiyukuri Solange umuhuzabikorwa wa Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Nyanza na Ruhango, yavuze ko mu kwirinda no kurwanya ibizi bakora byinshi birimo gutera ibiti, kuzirika ibisenge, gucukura imirwanyasuri n’ibindi kandi ko byose Croix Rouge y’u Rwanda yabiteguye

Ati “Turi gutanga inyigisho twifashishije amashusho “mobile cinema” kugira ngo umuturage yigishwe noneho tuzanamuhe ibikoresho birimo amasuka, ingemwe z’ibiti n’ibindi hari ubumenyi afite.”

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ntyazo bitabiriye iki gikorwa, babwiye UMUSEKE ko  nyuma y’uko bahawe inyigisho na bo ubwabo hari ibyo bagiye gukora.

Bizimana Vedaste utuye mu kagari ka Bugari, mu murenge wa Ntyazo ati “Birakwiye ko turwanya ibiza tugira imiringoti, tukanatera ibiti n’ibindi kuko n’inyigisho duhawe na Croix Rouge y’u Rwanda yabidusabaga.”

Mutangana Jean Claude utuye mu kagari ka Katarara ati “Ubusanzwe hari abatumvaga akamaro ko kwirinda ibiza batanasobanukiwe ko umuntu ashobora kwirinda, igisenge cy’inzu ye ntikibe cyaguruka, ariko aho duhawe inyigisho ubu tugiye guca akenge.”

Abaturage batanze ibitekerezo muri gahunda yo kwirinda ibiza

Lambert Ndahayo umukozi w’akarere ka Nyanza ushinzwe imicungire y’ibiza yasabye abaturage ko bagomba gushyira mu bikorwa ingamba zo kurwanya ibiza kuko bigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Ati “Dukunze kugira icyiza gikomeye ari cyo inkubi y’imiyaga, igatwara ibisenge by’inzu bityo turasabwa kuzirika ibisenge by’inzu n’ibindi.”

Muri ubu bukangurambaga abaturage berekwa amashusho y’uko bakwirinda ibiza bibera mu murenge wa Ntyazo, Kibirizi na Cyabakamyi kandi bizakomeza.

Abaturage bahawe impano ngo bakoreshe mukugira isuku

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?