BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Nyanza FC yabonye umuterankunga uzayambika

Nyanza FC yabonye umuterankunga uzayambika

admin
Last updated: November 3, 2022 12:06 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe yo mu kiciro cya kabiri ya Nyanza FC yabonye umuterankunga uzajya uyambika imyenda, inkweto n’amasogisi.

Impande zombi zumvikanye amaserano y’umwaka umwe ushobora kongerwa

Ni amasezerano y’imikoranire hagati ya Nyanza FC na Kavumu TSS.

Kavumu yemereye Nyanza FC ko izajya iyiha imyenda, inkweto zo gukinana n’amasogisi uretse ibyo kandi  yiyemeje no kujya yigisha abakinnyi ba  Nyanza FC amategeko y’umuhanda no gutwara imodoka.

Eng.Eugene Ruzindana uyobora Kavumu, akavuga ko no mu byo bashaka kugarura harimo ibya cyera.

Ati “Cyera abakinnyi ntibahembwaga, umuntu yaba ari nk’umupolisi, akaza agakina neza agakora imyitozo avuye ku kazi ni uwo muco dushaka kugarura, tutavanyeho uwo guhembwa ariko hamaze kuboneka ayo bahemba.”

Eng.Ruzindana akomeza avuga bari gukuza siporo, ngo umuntu ushobora kumushakira umwuga ukamutanga kandi akanakinira ikipe

Ati “Twabijeje ko tuzajya tubafatira abantu batatu cyangwa bane mu mezi abiri biga nk’imodoka ariko babikwiye kuko hari ibisabwa kugirango wige imodoka.”

Perezida wa Nyanza FC Musoni Kamili ashingiye ko hari  abantu bikorera bataramenya akamaro ko kwamamaza  agira icyo abasaba

Ati “Abantu bikorera ntibaramenya inyungu zo kwamamaza turasaba abantu bikorera batugane tubamamarize.”

Aya masezerano azamara umwaka umwe Ushobora kongerwa.

Nyanza FC iri mu itsinda rya kabiri iri kumwe na Magaju, Gicumbi, Alpha, the Winners, Intare, Gasabo, Heroes na Esperance Mu mikino y’icyiro cya kabiri. Nta gihindutse  champion izatangira  mu Cyumweru gitaha.

Nyanza FC yatakaje abakinnyi 8 babanzagamo bajya mu yandi makipe, gusa ubuyobozi buvuga ko bwongeyemo imbaraga zirimo n’izo kugura abanyamahanga.

Imyambaro Nyanza FC yahawe yigezwe na captain wayo
Mu bakinnyi ba Nyanza FC harimo abanyamahanga

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Didi says:
    November 3, 2022 at 3:58 pm

    Nyanza FC nzi yambaraga Uburu n’Umweru, ubwo mwatangiye kuzana Imihondo byabajabutse nka ya Kipe y’Umujyi wa Kigali

    Reply

Leave a Reply to Didi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?