BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Nyanza FC yabonye umuterankunga uzayambika

Nyanza FC yabonye umuterankunga uzayambika

admin
Last updated: November 3, 2022 12:06 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe yo mu kiciro cya kabiri ya Nyanza FC yabonye umuterankunga uzajya uyambika imyenda, inkweto n’amasogisi.

Impande zombi zumvikanye amaserano y’umwaka umwe ushobora kongerwa

Ni amasezerano y’imikoranire hagati ya Nyanza FC na Kavumu TSS.

Kavumu yemereye Nyanza FC ko izajya iyiha imyenda, inkweto zo gukinana n’amasogisi uretse ibyo kandi  yiyemeje no kujya yigisha abakinnyi ba  Nyanza FC amategeko y’umuhanda no gutwara imodoka.

Eng.Eugene Ruzindana uyobora Kavumu, akavuga ko no mu byo bashaka kugarura harimo ibya cyera.

Ati “Cyera abakinnyi ntibahembwaga, umuntu yaba ari nk’umupolisi, akaza agakina neza agakora imyitozo avuye ku kazi ni uwo muco dushaka kugarura, tutavanyeho uwo guhembwa ariko hamaze kuboneka ayo bahemba.”

Eng.Ruzindana akomeza avuga bari gukuza siporo, ngo umuntu ushobora kumushakira umwuga ukamutanga kandi akanakinira ikipe

Ati “Twabijeje ko tuzajya tubafatira abantu batatu cyangwa bane mu mezi abiri biga nk’imodoka ariko babikwiye kuko hari ibisabwa kugirango wige imodoka.”

Perezida wa Nyanza FC Musoni Kamili ashingiye ko hari  abantu bikorera bataramenya akamaro ko kwamamaza  agira icyo abasaba

Ati “Abantu bikorera ntibaramenya inyungu zo kwamamaza turasaba abantu bikorera batugane tubamamarize.”

Aya masezerano azamara umwaka umwe Ushobora kongerwa.

Nyanza FC iri mu itsinda rya kabiri iri kumwe na Magaju, Gicumbi, Alpha, the Winners, Intare, Gasabo, Heroes na Esperance Mu mikino y’icyiro cya kabiri. Nta gihindutse  champion izatangira  mu Cyumweru gitaha.

Nyanza FC yatakaje abakinnyi 8 babanzagamo bajya mu yandi makipe, gusa ubuyobozi buvuga ko bwongeyemo imbaraga zirimo n’izo kugura abanyamahanga.

Imyambaro Nyanza FC yahawe yigezwe na captain wayo
Mu bakinnyi ba Nyanza FC harimo abanyamahanga

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Didi says:
    November 3, 2022 at 3:58 pm

    Nyanza FC nzi yambaraga Uburu n’Umweru, ubwo mwatangiye kuzana Imihondo byabajabutse nka ya Kipe y’Umujyi wa Kigali

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?