BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Abaturage bubatse inzu z’abarokotse Jenoside barambuwe

Nyanza: Abaturage bubatse inzu z’abarokotse Jenoside barambuwe

admin
Last updated: July 27, 2022 4:16 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage bubatse amazu y’abarokotseJjenoside yakorewe abatutsi 1994 batishoboye barataka igihombo cyo kumara amezi ane badahembwa amafaranga bakoreye nkuko bari babyijejwe.

Amazu abaturage bavuga ko bubatse yatashywe nabo yaragenewe

Ayo mazu yubatswe mu mudugudu wa Nyabisindu mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yubakishwaga na Reserve Force (abahoze ari ingabo z’u Rwanda bari mu kiruhuko) yaragenewe abaturage barokotse jenoside yakorewe abatutsi 1994 batishoboye batagira aho kuba.

Abubatse ariya mazu baganiriye na UMUSEKE bavuga ko bamaze amezi ane ayo mazu bubatse yaruzuye nabo yaragenewe barayatashye ubu bayarimo.

Mu bagize uruhare kugirango ayo mazu yuzure harimo abafundi,abayedi abateye irangi n’abandi.

Umwe muri bo yagize ati“Nkanjye bandimo amafaranga ibihumbi mirongo itandatu y’u Rwanda ariko amezi ane arashize ntarahabwa ibyo nijejwe kandi amazu yaruzuye nabo yaragenewe barayatashye.”

Mugenzi we nawe yagize ati“Dutangira akazi batwizezaga ko tuzajya duhembwa mu minsi cumi n’itanu ariko siko byagenze ubu twategereje nayo twakoreye amezi ane arashize tudahabwa ibyo twakoreye.”

Bariya baturage bakomeza bavuga ko kudahabwa ariya mafaranga bakoreye byabagizeho ingaruka zijyanye no kudahembwa.

Umwe ati“Ubu naje gukora ngirango ayo mafaranga amfashe kwiteza imbere kandi anamfashe mu mibereho ariko narayabuze ubu rero byansubije inyuma aho gutera imbere.”

Umunyamakuru wa UMUSEKE wageze aho ayo mazu yubatswe yasanze abo yaragenewe barayatashye bamubwiye ko bamaze ibyumweru bibiri bayarimo kandi bishimye kuko babagaho bagenda bacumbika mu mazu atandukanye.

Umwe mubakoreshaga bariya baturage wari uhagarariye Reserve Force utashatse ko amazina ye ajya mu itangazamakuru yabwiye UMUSEKE ko icyo kibazo Reserve Force ikizi gusa ibirimo.

Ati“Mpamya ko mu minsi mike baraba bahembwe twabijyanye muri Reserve Force niyo igomba kubishyura.”

Mu ntangiriro za Nyakanga uyu mwaka wa 2022 mu kiganiro umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme aherutse kugirango n’abanyamakuru, UMUSEKE wamubajije ikibazo cya bariya baturage batishyuwe avuga ko ikibazo yakigejejweho nabo Kkndi yakiganiriyeho na Reserve Force yarishinzwe kubaka maze imubwira ko dosiye zabo zajyanwe ku biro bya Reserve Force (biherereye I Kigali).

Ati“Barabishyura vuba kandi baduhaye icyizere kuko urutonde rw’abakoze bose rwarakiriwe n’amafaranga babonye umubare wabo barabishyura vuba bidatinze.”

Nubwo uwakoresheje bariya baturage waruhagarariye Reserve Force n’umuyobozi w’akarere ka Nyanza baha icyizere bariya baturage guhembwa vuba abakoze batarahembwa bo bavuga ko bakurikije igihe bakoreye bakwiye kuba barahembwe gusa bategereje ayo bakoreye ntibayahabwa.

Nta mubare w’amafaranga cyangwa umubare w’abakozi batahembwe wabashije kumenyakana gusa amakuru UMUSEKE wamenye nuko ayo mazu yubatswe muburyo imwe ituwemo imiryango ibiriTtwo in one) ayo mazu akaba atuyemo imiryango ine.

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Olivier says:
    July 28, 2022 at 6:34 am

    Bibaho se ko Reserve Force yakwambura abaturage koko

    Reply

Leave a Reply to Olivier Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?