BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Abakobwa biga imyuga isaba ingufu baracyari bacye

Nyanza: Abakobwa biga imyuga isaba ingufu baracyari bacye

admin
Last updated: September 22, 2022 12:25 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri yo mu karere ka Nyanza yigisha Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro, buravuga ko abakobwa bakiri bacye bagahamagarirwa kuyiga kuko ifite inyungu.

Kwiga ubukanishi bw’imodoka ku bakobwa biracyari ikibazo

Byasabwe mw’imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryabereye mu murenge wa Kigoma rigahuza amashuri yigisha tekinike imyuga n’ubumenyingiro yo mu murenge wa Kigoma na Mukingo yo mu karere ka Nyanza, biteguwe na Rwanda TVET Board.

Iri murikabikorwa ni mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa bakora biganwe abantu bazi ibiberamo.

Hagaragajwe ibyakozwe n’abanyeshuri biga muri ibyo bigo ndetse hanerekanwa ibikoresho bigezweho bijyanye n’ikoranabuhanga kugira ngo umunyarwanda wize muri ibyo bigo abe hari icyo ashoboye gukora ku isoko ry’umurimo no guhangana mu ruhando mpuzamahanga.

Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri bwagaragaje ko abakobwa bitabira kwiga muri ayo mashuri bakiri bacye.

Engineer Germain Ngabonzinza Umuyobozi wa Nyanza TSS avuga ko abakobwa batangiye gushyiramo imbaraga nyinshi mu kwiga tekinike imyuga n’ubumenyingiro kuko batangiye gusobanukirwa n’umumaro wo kwiga tekinike ariko hari amashami badakunze cyane.

Ati“Amashami akoresha imbaraga nyinshi nk’ubukanishi bw’imodoka ntibabyitabira baba ari bacye”

Engineer Ngabonzinza akomeza avuga ko mu bwubatsi abakobwa batangiye kujyamo ari benshi, ubwubatsi bw’imihanga, gupima imihanda n’amazu ariko byumwihariko hari aho abakobwa baba ari benshi kurusha abahungu mu bintu bijyanye n’ikoranabuhanga nka electronic, isakazamakuru ho baba ari benshi cyane.

Ati”Amashami asaba imbaraga nyinshi ntibarayitabira cyane bisaba gukomeza kubereka inyungu zabyo kuko umunyeshuri w’umukobwa wabashije kwiga muri ariya mashami badakunda cyane nawe abonamo inyungu zirenze iz’ababandi bagiye kwiga amashami akunzwe n’abakobwa cyane.”

Hari abanyeshuri bateye intambwe yo kwiga tekinike imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko kuba barabyize bibateye ishema.

Ineza Sandrine wiga mu mwaka wa gatandatu ishami rya electronic ati “Ubu niteguye kubona akazi kuko uwize tekinike ntiyabura akazi.”

Kalimba Noella waminuje mw’ishami ry’ubwubatsi akaba ari nabyo yigisha mu mashuri yisumbuye avuga ko abakobwa badakwiye kwitinya ahubwo bagomba kwiga tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro kuko ari ingirakamaro.

Iri murikabikorwa ryitabiriwe ku rugero rwa 85% ryitabirwa n’ibigo nka Gatagara TSS, Lycee de Nyanza, Saint Trinity Nyanza TSS na Nyanza TSS.

Sandrine wiga electronic avuga ko bizamworohera kubona akazi
Hamuritswe n’ubudozi
Kalimba wigisha ubwubatsi asaba abandi bakobwa kugana imyuga n’ubumenyingiro

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?