BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: Abakobwa biga imyuga isaba ingufu baracyari bacye

Nyanza: Abakobwa biga imyuga isaba ingufu baracyari bacye

admin
Last updated: September 22, 2022 12:25 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri yo mu karere ka Nyanza yigisha Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro, buravuga ko abakobwa bakiri bacye bagahamagarirwa kuyiga kuko ifite inyungu.

Kwiga ubukanishi bw’imodoka ku bakobwa biracyari ikibazo

Byasabwe mw’imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryabereye mu murenge wa Kigoma rigahuza amashuri yigisha tekinike imyuga n’ubumenyingiro yo mu murenge wa Kigoma na Mukingo yo mu karere ka Nyanza, biteguwe na Rwanda TVET Board.

Iri murikabikorwa ni mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa bakora biganwe abantu bazi ibiberamo.

Hagaragajwe ibyakozwe n’abanyeshuri biga muri ibyo bigo ndetse hanerekanwa ibikoresho bigezweho bijyanye n’ikoranabuhanga kugira ngo umunyarwanda wize muri ibyo bigo abe hari icyo ashoboye gukora ku isoko ry’umurimo no guhangana mu ruhando mpuzamahanga.

Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri bwagaragaje ko abakobwa bitabira kwiga muri ayo mashuri bakiri bacye.

Engineer Germain Ngabonzinza Umuyobozi wa Nyanza TSS avuga ko abakobwa batangiye gushyiramo imbaraga nyinshi mu kwiga tekinike imyuga n’ubumenyingiro kuko batangiye gusobanukirwa n’umumaro wo kwiga tekinike ariko hari amashami badakunze cyane.

Ati“Amashami akoresha imbaraga nyinshi nk’ubukanishi bw’imodoka ntibabyitabira baba ari bacye”

Engineer Ngabonzinza akomeza avuga ko mu bwubatsi abakobwa batangiye kujyamo ari benshi, ubwubatsi bw’imihanga, gupima imihanda n’amazu ariko byumwihariko hari aho abakobwa baba ari benshi kurusha abahungu mu bintu bijyanye n’ikoranabuhanga nka electronic, isakazamakuru ho baba ari benshi cyane.

Ati”Amashami asaba imbaraga nyinshi ntibarayitabira cyane bisaba gukomeza kubereka inyungu zabyo kuko umunyeshuri w’umukobwa wabashije kwiga muri ariya mashami badakunda cyane nawe abonamo inyungu zirenze iz’ababandi bagiye kwiga amashami akunzwe n’abakobwa cyane.”

Hari abanyeshuri bateye intambwe yo kwiga tekinike imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko kuba barabyize bibateye ishema.

Ineza Sandrine wiga mu mwaka wa gatandatu ishami rya electronic ati “Ubu niteguye kubona akazi kuko uwize tekinike ntiyabura akazi.”

Kalimba Noella waminuje mw’ishami ry’ubwubatsi akaba ari nabyo yigisha mu mashuri yisumbuye avuga ko abakobwa badakwiye kwitinya ahubwo bagomba kwiga tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro kuko ari ingirakamaro.

Iri murikabikorwa ryitabiriwe ku rugero rwa 85% ryitabirwa n’ibigo nka Gatagara TSS, Lycee de Nyanza, Saint Trinity Nyanza TSS na Nyanza TSS.

Sandrine wiga electronic avuga ko bizamworohera kubona akazi
Hamuritswe n’ubudozi
Kalimba wigisha ubwubatsi asaba abandi bakobwa kugana imyuga n’ubumenyingiro

Théogène NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?