BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Nyamasheke: Batanu bashinze itorero ritemewe batawe muri yombi

Nyamasheke: Batanu bashinze itorero ritemewe batawe muri yombi

sam
Last updated: January 22, 2025 9:36 am
sam
Share
SHARE

Abantu batanu bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho kwigomeka ku buyobozi nyuma yuko bafatiwe mu rugo rw’umuyoboke mu Itorero ritemewe bise Christo w’Abera, utuye mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Ni ibintu bakoze mu gihe Leta igaragaza ko gusenga bigomba gukorerwa mu nsengero zujuje ibisabwa, izitabyujuje zigafungwa.

Igikorwa cyo kubereka itangazamakuru cyabereye ku Biro by’Akarere ka Nyamasheke ku wa 21 Mutarama 2025, cyitabirwa n’abarimo Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RNP, ACP Boniface Rutikanga n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse.

Abatawe muri yombi bavuga ko bari mu Idini bita Kirisitu w’Abera. Ku ikubitiro batawe muri yombi ari 20, ariko iperereza rigaragaza ko ababifitemo uruhare rutaziguye ari batanu ari na bo bafungiwe kuri Sitasiyo ya Shangi mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Dr. Murangira yavuze ko abo bantu batawe muri yombi ku wa 19 Mutarama 2025, nyuma y’uko amakuru agaragaza ko basengera mu rugo rw’umwe muri bo, amenyekanye.

Yavuze ko abatawe muri yombi basanzwe batumva neza gahunda za Leta kuko bafite inyigisho ziyobya abaturage zibabuza gutanga Mituweli no kwitabira izindi gahunda za Leta.

Ati “Aba bantu ntabwo batawe muri yombi bazira gusenga. Batawe muri yombi kubera ibyaha bakurikiranyweho byo kutubahiriza amategeko. RIB irasaba abantu bose kubahiriza amategeko n’amabwiriza yashyizweho ku bijyanye n’insengero. Wavuga ute ko wubaha Imana, utubaha ubuyobozi?”

Umuvugizi wa RNP, ACP Rutikanga, yagaragaje ko kugira ngo umuryango ushingiye ku myemerere wemerwe, hari ibyo ugomba kubahiriza birimo kutabangamira ubumwe bw’Abanyarwanda na gahunda za Leta no kugira aho gusengera hujuje ibisabwa.

Ati “Aba bahisemo gukora ibyabo. Bo ntibemera ko bagomba gusaba [uburenganzira], icyo bemera ni Imana gusa ngo ni yo bagomba gusaba. Ntabwo twashyigikira imyumvire nk’iyo. Bagomba kubiryozwa.”

ACP Rutikanga yaboneyeho kuburira umuntu uwo ari wese ugifite imitekerereze y’uko azajya mu masumo y’amazi, munsi y’igiti n’ahandi hantu hatemewe agamije gusenga, ko bitemewe.

Ati “Ibyo bihe byararangiye byo kwigishwa, tuzajya tubafata tubahane. Uyu munsi dufashe ab’i Nyamasheke ariko dufite n’abandi muri iyi ntara no mu zindi. Dukurikirana amakuru y’aho basengera hatemewe. Ntabwo tuzabyihanganira kuko bizana imyumvire y’ubunebwe yo kumva ko umuntu azabaho kuko yasenze gusa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yavuze ko mu isuzuma bakoze, basanze iri torero ryiyita Kirisitu w’Abera ritari mu matorero yemewe n’amategeko mu Rwanda.

Abatawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi, gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Ruhango: RGB yahagaritse amasengesho yaberaga ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

1 Min Read
Iyobokamana

Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Iyobokamana

Robert Prevost watorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku Isi ni muntu ki?

4 Min Read
Iyobokamana

Hatangiye imingenzo yo gutora papa mushya

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?