BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ntidushaka intambara ya Gatatu y’Isi – Macron abwira Uburusiya

Ntidushaka intambara ya Gatatu y’Isi – Macron abwira Uburusiya

admin
Last updated: October 13, 2022 11:23 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron, kuri uyu wa Kane, yatangaje ko adakeneye intambara ya Gatatu y’Isi, yerekana ko ari ku ruhande rwa Ukraine, mu ntambara ruhanganyemo n’Uburusiya, agaragaza ko Uburusiya butagakwiye kwifashisha ibisasu bya Misile.

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron na Vladimir Putin uyobora Uburusiya (Internet)

Perezida Macron kandi yatangaje ko mu byumweru biri imbere, Ubufaransa buza kohereza radar, ndetse n’ubundi bwirinzi bwo mu kirere  cya Ukraine, hagamijwe ko iki kirere gikumira misile z’Uburusiya.

Gusa Macron yirinze gutangaza umubare w’izizoherezwa. Perezida Macron yatangaje ko ubwo buryo buzarushaho gukaza ubwirinzi bwa Ukraine.

Mu butumwa kuri twitter yagize ati “Ntabwo dushaka intambara y’Isi. Turafasha ko  Ukraine igumana ubutaka bwayo, nta gitero na kimwe dushaka, ntidushaka ubushotoranyi bw’Uburusiya. Putin agomba kurangiza runo rugamba, kandi akubaha ubusugire bwa Ukraine.”

Ibihugu byinshi byo mu Burengerazuba bw’Isi birimo Amerika n’Ubwongereza, bivugwa kohereza bucece uburinzi bukomeye mu kirere  cya Ukraine, nyuma yaho Uburusiya bwubuye ibitero by’ibisasu bya misile.

Hagati aho Uburusiya na Ukraine biritana ba mwana ku waba yararashe misile ku kiraro cya Crimea. Uburusiya buvuga ko cyarashwe n’ingabo z’ubutasi za Ukraine ndetse ko nta muntu ukwiye kubishidikanya.

 

Ibihugu byamaganye ubushotoranyi …

Usibye Ubufaransa bwerekanye uruhande ruhagazeho, ibindi bihugu na byo byagaragaje ko bidashyigiye ko Uburusiya bwiyometseho intara za Ukraine ndetse n’ubundi bushotoranyi.

Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2022,yatoye ku bwiganze umwanzuro wamagana ko Uburusiya bwiyometseho intara enye za Ukraine.

Uwo mwanzuro washyigikiwe n’ibihugu 143 – mu gihe ibihugu 35 – birimo u Burundi, Uganda, South Sudan, Ubushinwa n’Ubuhinde – byifashe.

Kimwe n’Uburusiya, ibindi bihugu bine – Belarus, Korea ya Ruguru, Syria na Nicaragua – byo byatoye byemeza ko izo Ntara zakomekwa ku Burusiya.

Nubwo ari itora ry’umugenzo, nibwo bwa mbere umubare munini muri ONU utoye wamagana Uburusiya kuva bwatera Ukraine.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • M says:
    October 14, 2022 at 12:04 pm

    Mwaretse iyo ntambara ikaba bikarangira nubundi kombona inzara ariyo izatwiyicira .
    Gutinda kwayo ngewe mbona aribyo bibi

    Reply

Leave a Reply to M Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?