BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ntidushaka intambara ya Gatatu y’Isi – Macron abwira Uburusiya

Ntidushaka intambara ya Gatatu y’Isi – Macron abwira Uburusiya

admin
Last updated: October 13, 2022 11:23 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron, kuri uyu wa Kane, yatangaje ko adakeneye intambara ya Gatatu y’Isi, yerekana ko ari ku ruhande rwa Ukraine, mu ntambara ruhanganyemo n’Uburusiya, agaragaza ko Uburusiya butagakwiye kwifashisha ibisasu bya Misile.

Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron na Vladimir Putin uyobora Uburusiya (Internet)

Perezida Macron kandi yatangaje ko mu byumweru biri imbere, Ubufaransa buza kohereza radar, ndetse n’ubundi bwirinzi bwo mu kirere  cya Ukraine, hagamijwe ko iki kirere gikumira misile z’Uburusiya.

Gusa Macron yirinze gutangaza umubare w’izizoherezwa. Perezida Macron yatangaje ko ubwo buryo buzarushaho gukaza ubwirinzi bwa Ukraine.

Mu butumwa kuri twitter yagize ati “Ntabwo dushaka intambara y’Isi. Turafasha ko  Ukraine igumana ubutaka bwayo, nta gitero na kimwe dushaka, ntidushaka ubushotoranyi bw’Uburusiya. Putin agomba kurangiza runo rugamba, kandi akubaha ubusugire bwa Ukraine.”

Ibihugu byinshi byo mu Burengerazuba bw’Isi birimo Amerika n’Ubwongereza, bivugwa kohereza bucece uburinzi bukomeye mu kirere  cya Ukraine, nyuma yaho Uburusiya bwubuye ibitero by’ibisasu bya misile.

Hagati aho Uburusiya na Ukraine biritana ba mwana ku waba yararashe misile ku kiraro cya Crimea. Uburusiya buvuga ko cyarashwe n’ingabo z’ubutasi za Ukraine ndetse ko nta muntu ukwiye kubishidikanya.

 

Ibihugu byamaganye ubushotoranyi …

Usibye Ubufaransa bwerekanye uruhande ruhagazeho, ibindi bihugu na byo byagaragaje ko bidashyigiye ko Uburusiya bwiyometseho intara za Ukraine ndetse n’ubundi bushotoranyi.

Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2022,yatoye ku bwiganze umwanzuro wamagana ko Uburusiya bwiyometseho intara enye za Ukraine.

Uwo mwanzuro washyigikiwe n’ibihugu 143 – mu gihe ibihugu 35 – birimo u Burundi, Uganda, South Sudan, Ubushinwa n’Ubuhinde – byifashe.

Kimwe n’Uburusiya, ibindi bihugu bine – Belarus, Korea ya Ruguru, Syria na Nicaragua – byo byatoye byemeza ko izo Ntara zakomekwa ku Burusiya.

Nubwo ari itora ry’umugenzo, nibwo bwa mbere umubare munini muri ONU utoye wamagana Uburusiya kuva bwatera Ukraine.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • M says:
    October 14, 2022 at 12:04 pm

    Mwaretse iyo ntambara ikaba bikarangira nubundi kombona inzara ariyo izatwiyicira .
    Gutinda kwayo ngewe mbona aribyo bibi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Maneko wo ku rwego rwo hejuru wa Ukraine yishwe arashwe i Kyiv

5 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Mu mahanga

Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

2 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?