BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Sep 3, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

sam
Last updated: July 9, 2025 12:13 pm
sam
Share
SHARE

Umuraperikazi Nicki Minaj, arashinja Jay-Z guseta ibirenge mu kumwishyura umwenda uri hagati ya miliyoni 100 na 200 z’amadolari umaze imyaka irenga ine.

Minaj avuga ko iryo deni yarimugiyemo ubwo hagurishwaga urubuga witwa Tidal rucururizwaho indirimbo, yari afitemo imigabane rukagurishwa mu 2021, Jay-Z agasigara mu nama y’ubutegetsi bwarwo.

Uyu muraperi avuga ko iryo deni ashinja Jay-Z kugira uburangare mu kuwishyura arishingira ku mafaranga yagombaga guhabwa ku bijyanye n’inyungu z’urubuga rwa Tidal, ubwo rwagurishwaga mu 2021.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa X, Nick Minaj, yasabye Jay-z, kumuhamagara mu maguru mashya ikibazo kigakemurwa, bitaba ibyo akazitabaza ubundi buryo.

Yanditse ati: “Twabaze ko uwo mwenda uri hagati ya miliyoni 100 na 200 z’amadolari. Jay-Z umpamagare dushyire iherezo kuri iki kibazo n’uko iryo deni ryakwishyurwa, kuko uko utinda ni ko inyungu ziyongeraho (inyungu ku ideni), gusa uracyari imbogamizi zanjye nturarengera, duhamagare rero tubikemure nshuti (nigga).”

Nubwo bimeze bityo ariko, kugeza ubu Jay-Z ntaragira icyo atangaza ku birego bya Nicki Minaj.

Muri Werurwe 2021, ni bwo hatangajwe ko sosiyete ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga mu by’imari yitwa Square Inc, yari imaze kugirana amasezerano yo kugura imigabane minini y’urubuga rwa Tidal.

Iyo sosiyete ya Square Inc, yishyuye miliyoni 297 z’amadolari mu mafaranga n’imigabane kugira ngo ibone uburenganzira bwo kuyobora Tidal. Icyo gihe Jay-Z yagumye mu nama y’ubuyobozi (Board).

Nick Minaj amushinja kuba ataramuhaye inyungu ye nk’uko byari bikwiye ku mafaranga yaguzwe urwo rubuga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye uburyo agahenge katubahirizwa hagati y’impande zihanganiye…

RRA yatanze miliyoni 464 Frw TVA ku baguzi basabye fagitire za EBM

Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA), kuri uyu wa Gatanu tariki 15 kanama, cyatanze…

Pakistan: Imyuzure imaze guhitana abarenga 300

Inzego z’ubuyobozi zo muri Pakistan zavuze ko imvura nyinshi yateje imyuzure n’inkangu…

Hamenyekanye imibare y’abapfiriye mu mirwano y’Ingabo za RDC na Wazalendo

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko imirwano y’abasirikare bacyo,…

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

Abashyigikiye Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana umuhuro wa perezida wa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Weasel yasezerewe mu bitaro

1 Min Read
Imyidagaduro

Teta Sandra yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umugabo we Weasel kubushake

2 Min Read
Imyidagaduro

Umurinzi wa The Ben yajyanywe kwamuganga igitaraganya

1 Min Read
Imyidagaduro

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?