BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Nepal: Hari ubwoba ko abantu bose bari mu ndege bishwe n’impanuka

Nepal: Hari ubwoba ko abantu bose bari mu ndege bishwe n’impanuka

admin
Last updated: January 16, 2023 6:58 am
admin
Share
SHARE

Polisi yo muri Nepal ivuga ko icyizere cyo kubona abantu bazima mu bari mu ndege yakoze impanuka ku cyumweru kigenda kiyoyoka.

Amashusho yafashwe iyi ndege agaragaza ko yari ihengamiye ku ruhande rumwe ubwo yagwaga igashya

Umuvugizi wa Polisi, Tek Prasad Rai yabwiye BBC ati “Birasa naho nta warokotse uhari.”

Yavuze ko itsinda ry’abatabazi rigenda ribona abantu bapfuye ahabereye impanuka.

Abantu 68 byemejwe ko bapfuye mu mpanuka y’indege yavaga ku murwa mukuru Kathmandu ijya mu mujyi w’ubukerarugendo wa Pokhara.

Impanuka yabaye ku Cyumweru mu masaha ya mugitondo, ntabwo haramenyekana icyayiteye.

Amashusho ya telefoni yerekena indege ya Sosiyete Yeti Airlines imanuka bubuye, yehengamiye ku ruhande rumwe ubwo yari hafi y’ikibuga cy’indege.

Iyi ndege yari itwaye abantu 72 n’abakora mu ndege.

Gushakisha abakiri bazima byakomeje gukorwa ubwo impanuka yari ikimara kuba, bikaba byari biyobowe n’abasirikare ariko byaje kurekeraho mu ijoro ryo ku Cyumweru.

Kuri uyu wa Mbere abatabazi bakomeje gushakisha abakiri bazima, ndetse itsinda rigari ry’abapolisi 300 ryoherejwe ahabereye impanuka muri icyo gikorwa.

Indege yaguye igeze ku ruzi rwitwa Seti River, ni kuri kimotero imwe gusa hafi y’ikibuga cy’indege.

Minisitiri w’Intebe wa Nepal, Pushpa Kamal Dahal yashyizeho umunsi w’icyunamo kuri uyu wa Mbere ndetse leta ivuga ko yashyizeho itsinda ryo gukora iperereza ku byabaye.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Politike

Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

2 Min Read
Politike

U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

2 Min Read
Mu mahanga

DRC:Kiliziya Gatulika yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 ifashe Uvira

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?