BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

admin
Last updated: January 5, 2023 9:02 am
admin
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ashinja abaturage b’igihugu cye kurya umusaruro wose ntibahunike, bikabakururira mu nzara n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko bikomeje kuba ndanze mu Burundi.

Perezida Ndayishimiye asanzwe akora umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi

Perezida Ndayishimiye avuga ko umusaruro akura mu buhinzi bwe awucunga neza bikamufasha kubona ibyo arya n’umuryango we no guteganyiriza ejo hazaza, bikamurinda kwirirwa arira ngo arashonje.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abaturage bo mu Ntara ya Kirundo mu mpera za Ukuboza 2022 yabashinje kwimakaza ubukene mu miryango yabo no guteza akaga k’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko.

Perezida Ndayishimiye avuga ko aba baturage beza imyaka bagahita bayigurisha kuri macye mu gihe gito bakayigura ibahenze.

Yongeraho ko biteye agahinda kuba mu Burundi iminwa ishaka kurya iruta ishaka gukora ibikorwa by’iterambere.

Ati “Njyewe wibaza ko ari ryari menya ko ibiciro bihenze ku isoko? ko nsarura iwanjye, none mwese hari n’umwe adafite aho avuka, yahinga iwe ?…. ngo muzarindira kujya ku isoko.”

Avuga ko kongera umusaruro no kwirinda kuwusesagura ariwo muti urambye uzakemura ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ry’ugarije u Burundi.

Ati” Ibaze nk’umuntu ufata agashora ibishyimbo bye byose uno munsi agahita ajya kubigura, wari uzi ko uzabibona ku biciro bingana gute ?”

Umukuru w’igihugu agaruka ku kaga kagwiriye u Burundi mu bihe bitandukanye aho bamwe bagifite imyumvire ya “bucya mpunga” bakitwaza imvugo zipfuye zirimo “iby’ejo bibara ab’ejo, amaraso y’umugabo namuraye mu mu nda.”

Ati “Ubu mumenye ko tuzabaho imyaka ijana, duteganirize imyaka ijana. Ibiciro bigirwa n’umusaruro.”

Avuga ko mu mpeshyi umwaka ushize u Burundi bwahombye 40% by’umusaruro n’uwabonetse barwana urugamba rwo kutawushora mu bihugu birimo u Rwanda.

Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko izamuka ry’ibiciro ku isoko biterwa n’ibintu biba biri mu gihugu, iyo ari byinshi ibiciro biramanuka, byaba bicye ibiciro bikazamuka, iryo akaba ari itegeko ry’isoko.

Ikindi ngo Perezida Ndayishimiye atakwirengagiza ni uko u Burundi buhanganye n’ikibazo cy’ifaranga ryabwo ryataye agaciro ku isoko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Bikindi says:
    January 5, 2023 at 3:40 pm

    Hhhhhh,ni Sebahinzi kbs,ni byiza rwose

    Reply

Leave a Reply to Bikindi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?