BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

Ndayishimiye arya ibyo yejeje, iby’ibiciro ku isoko ntubimubaze

admin
Last updated: January 5, 2023 9:02 am
admin
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ashinja abaturage b’igihugu cye kurya umusaruro wose ntibahunike, bikabakururira mu nzara n’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko bikomeje kuba ndanze mu Burundi.

Perezida Ndayishimiye asanzwe akora umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi

Perezida Ndayishimiye avuga ko umusaruro akura mu buhinzi bwe awucunga neza bikamufasha kubona ibyo arya n’umuryango we no guteganyiriza ejo hazaza, bikamurinda kwirirwa arira ngo arashonje.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abaturage bo mu Ntara ya Kirundo mu mpera za Ukuboza 2022 yabashinje kwimakaza ubukene mu miryango yabo no guteza akaga k’itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko.

Perezida Ndayishimiye avuga ko aba baturage beza imyaka bagahita bayigurisha kuri macye mu gihe gito bakayigura ibahenze.

Yongeraho ko biteye agahinda kuba mu Burundi iminwa ishaka kurya iruta ishaka gukora ibikorwa by’iterambere.

Ati “Njyewe wibaza ko ari ryari menya ko ibiciro bihenze ku isoko? ko nsarura iwanjye, none mwese hari n’umwe adafite aho avuka, yahinga iwe ?…. ngo muzarindira kujya ku isoko.”

Avuga ko kongera umusaruro no kwirinda kuwusesagura ariwo muti urambye uzakemura ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ry’ugarije u Burundi.

Ati” Ibaze nk’umuntu ufata agashora ibishyimbo bye byose uno munsi agahita ajya kubigura, wari uzi ko uzabibona ku biciro bingana gute ?”

Umukuru w’igihugu agaruka ku kaga kagwiriye u Burundi mu bihe bitandukanye aho bamwe bagifite imyumvire ya “bucya mpunga” bakitwaza imvugo zipfuye zirimo “iby’ejo bibara ab’ejo, amaraso y’umugabo namuraye mu mu nda.”

Ati “Ubu mumenye ko tuzabaho imyaka ijana, duteganirize imyaka ijana. Ibiciro bigirwa n’umusaruro.”

Avuga ko mu mpeshyi umwaka ushize u Burundi bwahombye 40% by’umusaruro n’uwabonetse barwana urugamba rwo kutawushora mu bihugu birimo u Rwanda.

Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko izamuka ry’ibiciro ku isoko biterwa n’ibintu biba biri mu gihugu, iyo ari byinshi ibiciro biramanuka, byaba bicye ibiciro bikazamuka, iryo akaba ari itegeko ry’isoko.

Ikindi ngo Perezida Ndayishimiye atakwirengagiza ni uko u Burundi buhanganye n’ikibazo cy’ifaranga ryabwo ryataye agaciro ku isoko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Bikindi says:
    January 5, 2023 at 3:40 pm

    Hhhhhh,ni Sebahinzi kbs,ni byiza rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?