BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mushikiwabo yashimiye “Abachou” bamwifurije imirimo myiza muri OIF

Mushikiwabo yashimiye “Abachou” bamwifurije imirimo myiza muri OIF

admin
Last updated: November 22, 2022 7:34 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, Louis Mushikiwabo yashimiye abantu bose bamwoherereje ubutumwa nyuma yo gutorerwa manda ya kabiri yo kuyobora Francophonie.

Louis Mushikiwabo yashimiye abamuhaye ubutumwa nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora OIF

Mushikiwabo mu mvugo “Abachou” ikunzwe n’urubyiruko, kuri Twitter yashimiye abamwoherereje ubutumwa nyuma y’intsinzi yaboneye mu nama ya Djerba, aho yatorewe indi manda y’imyaka itatu.

Yagize ati “Abachou b’iwacu muraho, mbashimiye byimazeyo ubutumwa bwiza mwakomeje kungezaho maze gutorerwa kongera kuyobora Francophonie.”

Madame Louis Mushikiwabo yashimangiye ko ko aterwa imbaraga no kugira iwabo, ati “Nezezwa kandi ngaterwa ingufu mu mirimo nkora nuko mfite iwacu, twikomereze imihigo rero ibindi byose ni ibibazo bikemurwa.”

Kuwa 19 Ugushyingo 2022, nibwo byemejwe ko Louis Mushikiwabo akomeza kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, ni mu nama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma z’uyu muryango yabereye i Djerba muri Tunisia.

Iyi nama yari yanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu banyuranye, barimo na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mushikiwabo akaba yari umukandida rukumbi kuri uwo mwanya, ni intsinzi yabonye mu gihe uyu muryango wizihiza isabukuru y’imyaka 50 umaze ushinze kuva mu 1970, ukaba ugizwe n’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’igifaransa.

Abachou b'iwacu muraho! Mbashimiye byimazeyo ubutumwa bwiza mwakomeje kungezaho maze gutorerwa muri #SommetDjerba2022 kongera kuyobora Francophonie. Nezezwa kandi ngaterwa ingufu mu mirimo nkora nuko mfite iwacu. Twikomereze imihigo rero ibindi ni "problèmes gérables" 😉! pic.twitter.com/ApI3SD5tA4

— Louise Mushikiwabo (@LMushikiwabo) November 22, 2022

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • mahoro jack says:
    November 23, 2022 at 9:30 am

    Umuchou wacu rwose natwe turagukunda, komeza uzamure ibendera ry’iwanyu!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?