BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Yafatanywe ingurube yibye amaze kuyica umutwe arayikorezwa

Musanze: Yafatanywe ingurube yibye amaze kuyica umutwe arayikorezwa

admin
Last updated: November 30, 2022 10:03 am
admin
Share
SHARE
Umugabo witwa Mbituyimana w’imyaka 28 y’amavuko wo mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve mu Kagari ka Kabeza yafatanye ingurube yibye amaze kuyica umutwe, arayikorezwa ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.
Yafatanywe ingurube amaze kuyica umutwe
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gahangiro ahagana saa kumi z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri tari 29 Ugushyingo 2022, ubwo Mbituyimana yafatanwaga ingurube y’umuturage witwa Mfitumukiza Leodomir amaze kuyica umutwe akayikorezwa agashyikirizwa RIB Ishami rya Cyuve.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Gahonzire Landouard nta byinshi yifuje gutangaza kuri iki kibazo ubwo yakibazwagaho ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri bikimara kuba, ariko yavuze ko agiye kugikurikirana.

Yagize ati” Ntabwo nabimenye mwabaza gitifu wa Kabeza ariko reka mbikurikirane ndahita mbabwira.”

Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022, UMUSEKE twakomeje kugerageza kumuhamagara kuri telefoni ye igendanwa ariko ntiyayitaba kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru.

Mu yandi makuru UMUSEKE wamenye ni uko uyu Mbituyimana asanzwe akekwa mu bantu basanganywe ingeso yo kwiba amatungo magufi kuko n’abo bakunze kugendana mu cyo bita ikigare harimo ababukora ndetse bagiye banabuhanirwa.

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo yaryo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

BAZATSINDA Jean Claude / UMUSEKE.RW i Musanze

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Hafashimana frederick says:
    November 30, 2022 at 4:21 pm

    ikibazo n’ukomubahisha mumaso nitumenye abaribooo!!!

    Reply

Leave a Reply to Hafashimana frederick Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?