BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Yafatanywe ingurube yibye amaze kuyica umutwe arayikorezwa

Musanze: Yafatanywe ingurube yibye amaze kuyica umutwe arayikorezwa

admin
Last updated: November 30, 2022 10:03 am
admin
Share
SHARE
Umugabo witwa Mbituyimana w’imyaka 28 y’amavuko wo mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve mu Kagari ka Kabeza yafatanye ingurube yibye amaze kuyica umutwe, arayikorezwa ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.
Yafatanywe ingurube amaze kuyica umutwe
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gahangiro ahagana saa kumi z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri tari 29 Ugushyingo 2022, ubwo Mbituyimana yafatanwaga ingurube y’umuturage witwa Mfitumukiza Leodomir amaze kuyica umutwe akayikorezwa agashyikirizwa RIB Ishami rya Cyuve.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Gahonzire Landouard nta byinshi yifuje gutangaza kuri iki kibazo ubwo yakibazwagaho ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri bikimara kuba, ariko yavuze ko agiye kugikurikirana.

Yagize ati” Ntabwo nabimenye mwabaza gitifu wa Kabeza ariko reka mbikurikirane ndahita mbabwira.”

Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022, UMUSEKE twakomeje kugerageza kumuhamagara kuri telefoni ye igendanwa ariko ntiyayitaba kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru.

Mu yandi makuru UMUSEKE wamenye ni uko uyu Mbituyimana asanzwe akekwa mu bantu basanganywe ingeso yo kwiba amatungo magufi kuko n’abo bakunze kugendana mu cyo bita ikigare harimo ababukora ndetse bagiye banabuhanirwa.

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo yaryo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

BAZATSINDA Jean Claude / UMUSEKE.RW i Musanze

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Hafashimana frederick says:
    November 30, 2022 at 4:21 pm

    ikibazo n’ukomubahisha mumaso nitumenye abaribooo!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?