BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Munezero Aline uzwi nka ‘Bijoux’ muri Bamenya yibarutse ubuheta

Munezero Aline uzwi nka ‘Bijoux’ muri Bamenya yibarutse ubuheta

admin
Last updated: January 19, 2023 10:18 am
admin
Share
SHARE

Munezero Aline uzwi ku izina rya Bijoux muri filime y’uruhererekane ya Bamenya yibarutse umwana wa kabiri w’umuhungu nyuma yo gukora ubukwe n’umuhanzi Lionel Sentore ariko bakaza gutandukana.

Munezero Aline Bijoux yibarutse ubuheta

Bijoux na Lionel Sentore bakoze ubukwe taliki ya 8 Mutarama 2022, ibirori byabereye mu mujyi wa Kigali ahitwa Golden Garden ku I Rebero.

Munezero Aline nyuma yo gukora ubukwe, hanze hakomeje kuza ibihuha bivuga ko yatandukanye na Sentore gusa bombi bakajya bitana bamwana kuri aya makuru.

Amakuru yizewe UMUSEKE ufite ni uko hashize n’igihe kitari gito bombi batandukanye. Umugabo asubira gutura mu Bubiligi aho yari asanzwe aba na Bijoux asubira kuba ku babyeyi.

Ikindi ni uko Bijoux yaje kubona undi mukunzi bakiri na kumwe magingo aya. Nta gihindutse muri uyu mwaka bashobora no kuzatangaza ibindi birori mu nshuti n’umuryango agasezerana n’uyu mukunzi mushya atarerekana mu ruhame.

Ku munsi watambutse Taliki ya 18 Mutarama 2023. Bijoux abinyujije kuri Instagram ye yaciye amarenga avuga ko uwo bari gukundana ubu ari umusore umwumva cyane mu rukundo.

Yashyizeho ifoto bombi bafatanye mu kiganza ati “Uzakundane n’umuntu ugushaka, umuntu uha agaciro igihe cya we, ukora ibishoboka byose ngo akumenye anakumve, ukumva akanagushyigikira, umuntu wishimira kumarana igihe na we, utuma wumva udasanzwe, utuma wumva ukenewe kandi unakunzwe.”

Nyuma y’ibi Bijoux yaganiriye na UMUSEKE tumubaza ku makuru yo kubyara arayatwemerera.

Ati “Nibyo nibarutse gusa ikibazo ni uko hari aba batangaza ibintu batazi gusa nabyaye umwana w’umuhungu.”

Bijoux uyu ni umwana wa kabiri yibarutse nyuma y’undi yabyaranye n’umunyamakuru uzwi nka Moustapha Kiddo.

Umwaka ushize nibwo yakoze ubukwe na Lionel Sentore
Amakuru yizewe UMUSEKE ufite ni uko aba bamaze gutandukana dore ko batigeze basezerana mu mategeko
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

1 Min Read
Imyidagaduro

Umuramyi Josh yatomagije umugore we amwifuriza isabukuru nziza 

1 Min Read
Imyidagaduro

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

1 Min Read
Imyidagaduro

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?