BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Muhanga: Serivisi zihabwa abaturage zazamutseho 6,5%

Muhanga: Serivisi zihabwa abaturage zazamutseho 6,5%

admin
Last updated: December 7, 2022 11:37 am
admin
Share
SHARE

Ubwo hagaragazwaga ishusho y’uko abaturage babona Imiyoborere n’Imitangire ya Serivisi mu Karere ka Muhanga, Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Ihihugu cy’Imiyoborere Kalisa Edouard avuga ko Serivisi zihabwa abaturage muri aka Karere zazamutseho 6,5% mu gihe cy’umwaka.

Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Ihihugu cy’Imiyoborere Kalisa Edouard

Kalisa yavuze ko ibi babibonye mu bushakashatsi bakoze uyu mwaka wa 2022. Akavuga ko hakiri byinshi inzego z’ibanze zisabwa gukora bizatuma serivisi abaturage zirushaho kuzamuka.

Kalisa yavuze ko umwaka ushize, aka Karere ka Muhanga kari ku mwanya wa 25 ku rwego rw’igihugu, ubu kakaba kari ku mwanya wa 13 mu Gihugu.

Ati “Turasaba inzego zifite aho zihurira n’abaturage kutirara ngo zumve ko zigeze ku gipimo gishimishije ahubwo zigomba kumenya ko hakiri akazi ko gukora ku birebana no guha Serivisi nziza abaturage.”

Uyu Muyobozi yavuze ko imitangire mibi ya serivisi iboneka mu butaka, mu buhinzi mu bworozi no mubikorwa remezo.

Kalisa akavuga ko aha ariho bagomba gushyira imbaraga bafatanije n’izindi nzego zitandukanye kugira ngo bagere ku ntego n’icyerekezo igihugu cyihaye ko mu mwaka wa 2024 serivisi zihabwa abaturage zizaba ziri ku gipimo cya 90%.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline avuga ko nubwo hari intambwe bamaze gutera ariko bagifite urugendo rurerure rwo kugera kuri iyo ntego yo guha abaturage serivisi nziza bifuza ku rugero rwa 90%.

Kayitare yavuze ko hari urugero rwiza rw’abagize inzego z’umutekano bakwiriye kwigana kuko bo bamaze imyaka 5 abaturage babashima kubera kubaha serivisi nziza.

Yagize ati “Inzego z’Umutekano abaturage bashima tubana nazo umunsi ku munsi,, kubigana birashoboka kuko byinshi dukora turafatanya.”

Akomeza agira ati “Tugomba kugira ishyaka ryiza ryo gukora ibyo izo nzego zikora.”

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko muri aka Karere, abaturage 59% babwiwe nabi bagiye kwaka serivisi mu nzego z’ibanze.

Ubu bushakashatsi kandi bwerekana ko 40% by’abaturage bagiye basiragizwa bimwa serivisi bifuza.

Mayor Kayitare Jacqueline na Kalisa Edourd

MUHIZI ELISEE / UMUSEKE.RW i Muhanga

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Indushyi says:
    December 7, 2022 at 1:11 pm

    Nta serivisi nziza zijya ziboneka muri muhanga cyane cyane ibijyanye nibikorwa remezo mbwira na we ukuntu akarere kihandagaje kakajyana amashanyarazi I buramba kakayashyira kuri center de Sante no ku Madhuri gusa,ubu se uwazana kayitare mayor I kibyimba yavuga ko yaduhaye umuriro have na mobisol njyewe mbona yakagombye kuvaho kimwe nabi bayoboranye nabi bakavaho kuko nta cyo bamaze na kimwe

    Reply

Leave a Reply to Indushyi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kuki Abanyarwanda basabwa ruswa kuri serivisi zitangirwa ubuntu, bakaryumaho?

2 Min Read
Mu Rwanda

Rusizi: Abaturage bagaragaye mu mashusho banywa urumogi bagiye gukurikiranwa

3 Min Read
Mu Rwanda

Abanye-Congo 199 bahungiye mu Rwanda

1 Min Read
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yafashe umugabo ukekwaho kwiba moto y’umumotari

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?