BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Abakozi 44 bahinduriwe ifasi abari mu Mujyi bajyanwa mu cyaro

Muhanga: Abakozi 44 bahinduriwe ifasi abari mu Mujyi bajyanwa mu cyaro

admin
Last updated: July 25, 2022 9:08 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwahinduriye ifasi abakozi 44 bo ku rwego rw’Imirenge n’Utugari, kugira ngo barusheho gutanga umusaruro utandukanye n’uwo batangaga mu myaka bari bamaze muri ako kazi.
Bamwe mu bakozi basoza umwaka w’Imihigo wa 2021-2022.
Mu bakozi bimuriwe barimo abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari n’ababungirije bagera kuri 30.
Mu bandi bimuriwe ahandi harimo abakozi 6 bashinzwe  Uburezi mu Mirenge , hakaba kandi abakozi 2 bashinzwe ubworozi  ku rwego  rw’Imirenge.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Muhanga Bizumuremyi Alibashir avuga ko kwimura abo bakozi biri mu nyungu rusange z’akazi, kuko hari bamwe bari bamaze imyaka 6 mu ifasi imwe bakaba bari bamaze kwirara  badatanga Umusaruro  cyangwa ngo basohoze Inshingano nkuko bisabwa.
Ati “Hari abari bamaze igihe kinini bagatanga umusaruro uri mukigero kiringaniye , kubahindura rero twizera ko  bazarushaho gutanga umusaruro mwiza.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko benshi mu bahinduriwe ifasi bakoze amakosa yo kutita ku bibazo bibangamiye Imibereho myiza y’abaturage birimo kugira uruhare mu kubakira amacumbi n’ubwiherero by’abatishoboye  umwaka w’Imihigo ukaba ushize hakiri iki cyuho.

Ayo makuru avuga ko abakoraga mu Mirenge n’Utugari two mu Mujyi aribo bagaragaweho ayo makosa, kuko  hari n’aberekanye inzu zubatswe umwaka ushize zitigeze zuzura.

Ubwo abakozi ba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu  bazaga gukora igenzura ry’imihigo mu byumweru 2 bishize, bigahesha isura mbi Akarere.

Bizumuremyi yavuze ko kuba abo bakozi bahinduriwe ifasi mu ntangiriro z’umwaka w’Imihigo wa 2022-2023 bizatuma uwakoze nabi abasha gukosora no kunoza ibitaragenze neza  umwaka ushize.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aha impanuro abakozi b’akarere.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i MUHANGA
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Habimana John says:
    July 26, 2022 at 5:27 am

    Byiza cyane. Ariko mwibagiwe abayobizi b’amashuri babaye nk’ibimana ku bigo.

    Reply
  • Claude says:
    July 26, 2022 at 6:09 am

    Yeah abayobozi b’amashuli badahindurwa barimo guteza ibibazo kandi ingaruka zizaba nyinshi cyane

    Reply
  • Thanks says:
    July 26, 2022 at 11:09 am

    Nanjye njya nibaza impamvu usanga abayobozi b’ibigo by’amashuri basa n’ababifashe bugwate ,ntibimurwe cyana cyane abayobora boarding schools bigira Ibigirwamana

    Reply
  • Nzabandora Juv. says:
    July 28, 2022 at 5:54 am

    John ibyo uvuze ni byo. Gusa ubuyobozi bw’akarere mu micungire yako ku birebana n’abakozi bwagombye kureba ukuntu ibyo abakozi bagenerwa byagera kuri Bose ntibyiharirwe n’abo ku rwego rw’akarere gusa. Ibyo ni ibirebana ahanini na sport (gym, koga…) yishyurwa na refraichissement (icyayi…) byemerewe abakozi bo ku rwego rw’akarere gusa.

    Reply
  • Bazumvaryari says:
    July 28, 2022 at 8:28 am

    Ariko Bizumuremyi (E.S.); kwimura umukozi se akajyanwa ahandi bivuga kuba bijyanye n’uwagize intege nke cg wagaragaye amakosa ngo yikosore cg uwateshutse ku nshingano ze (uwiraye) yigarure arushe gukora neza? Ibyo simbyeranywa na we. Umukozi ashobora guhindurirwa aho yakoreraga kubera ko akora neza kugira ngo abe yagira aho ajya gufasha hadindiye. Kwimura umukozi nk’ufite intege nke cg se uwo ubuzima (imibereho inyuranye: icumbi, ibimutunga, kuba hafi abe) bwari bworoheye ukamujyana iyo bigwa, ntugire ngo ibyo utekereza ko azageraho kurusha uko ubona cg wabwiye performance yari afite ubu bizamworohera!
    Ikindi kuba umukozi amaze igihe kinini ahantu si byo bituma akora nabi cg yirara ahubwo akora neza kuruta kwirirwa avanwa aha ajya hariya kuko aho amaze igihe aba ahazi neza n’uburyo bw’imikorere amaze kubushimangira.

    Urugero ruhinyuza ibyo:
    – Abo mukorana ku rwego rw’Akarere se ntabahamaze imyaka irenga 12? Ko bahamaze icyo gihe, ntibakora neza/bateshuka ku nshingano zabo; bariraye; nabo bagomba kwimurirwa ahandi se?
    – Mugenzi wawe w’i Huye (Huye District ES) ko kuva uturere dushya twajyaho guhera muri 2006 (imyaka 16 yose ishize) akiri muri ako Karere ntakomeje kurangwa n’imikorere myiza dore ko n’Akarere ke gahora kaza mu twa 1 mu kwesa imihigo ku rwego rw’Igihugu! Muhanga umwanya iba iriho urawuzi.

    Reply

Leave a Reply to Habimana John Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?