BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Abakozi 44 bahinduriwe ifasi abari mu Mujyi bajyanwa mu cyaro

Muhanga: Abakozi 44 bahinduriwe ifasi abari mu Mujyi bajyanwa mu cyaro

admin
Last updated: July 25, 2022 9:08 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwahinduriye ifasi abakozi 44 bo ku rwego rw’Imirenge n’Utugari, kugira ngo barusheho gutanga umusaruro utandukanye n’uwo batangaga mu myaka bari bamaze muri ako kazi.
Bamwe mu bakozi basoza umwaka w’Imihigo wa 2021-2022.
Mu bakozi bimuriwe barimo abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari n’ababungirije bagera kuri 30.
Mu bandi bimuriwe ahandi harimo abakozi 6 bashinzwe  Uburezi mu Mirenge , hakaba kandi abakozi 2 bashinzwe ubworozi  ku rwego  rw’Imirenge.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Muhanga Bizumuremyi Alibashir avuga ko kwimura abo bakozi biri mu nyungu rusange z’akazi, kuko hari bamwe bari bamaze imyaka 6 mu ifasi imwe bakaba bari bamaze kwirara  badatanga Umusaruro  cyangwa ngo basohoze Inshingano nkuko bisabwa.
Ati “Hari abari bamaze igihe kinini bagatanga umusaruro uri mukigero kiringaniye , kubahindura rero twizera ko  bazarushaho gutanga umusaruro mwiza.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko benshi mu bahinduriwe ifasi bakoze amakosa yo kutita ku bibazo bibangamiye Imibereho myiza y’abaturage birimo kugira uruhare mu kubakira amacumbi n’ubwiherero by’abatishoboye  umwaka w’Imihigo ukaba ushize hakiri iki cyuho.

Ayo makuru avuga ko abakoraga mu Mirenge n’Utugari two mu Mujyi aribo bagaragaweho ayo makosa, kuko  hari n’aberekanye inzu zubatswe umwaka ushize zitigeze zuzura.

Ubwo abakozi ba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu  bazaga gukora igenzura ry’imihigo mu byumweru 2 bishize, bigahesha isura mbi Akarere.

Bizumuremyi yavuze ko kuba abo bakozi bahinduriwe ifasi mu ntangiriro z’umwaka w’Imihigo wa 2022-2023 bizatuma uwakoze nabi abasha gukosora no kunoza ibitaragenze neza  umwaka ushize.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aha impanuro abakozi b’akarere.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i MUHANGA
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Habimana John says:
    July 26, 2022 at 5:27 am

    Byiza cyane. Ariko mwibagiwe abayobizi b’amashuri babaye nk’ibimana ku bigo.

    Reply
  • Claude says:
    July 26, 2022 at 6:09 am

    Yeah abayobozi b’amashuli badahindurwa barimo guteza ibibazo kandi ingaruka zizaba nyinshi cyane

    Reply
  • Thanks says:
    July 26, 2022 at 11:09 am

    Nanjye njya nibaza impamvu usanga abayobozi b’ibigo by’amashuri basa n’ababifashe bugwate ,ntibimurwe cyana cyane abayobora boarding schools bigira Ibigirwamana

    Reply
  • Nzabandora Juv. says:
    July 28, 2022 at 5:54 am

    John ibyo uvuze ni byo. Gusa ubuyobozi bw’akarere mu micungire yako ku birebana n’abakozi bwagombye kureba ukuntu ibyo abakozi bagenerwa byagera kuri Bose ntibyiharirwe n’abo ku rwego rw’akarere gusa. Ibyo ni ibirebana ahanini na sport (gym, koga…) yishyurwa na refraichissement (icyayi…) byemerewe abakozi bo ku rwego rw’akarere gusa.

    Reply
  • Bazumvaryari says:
    July 28, 2022 at 8:28 am

    Ariko Bizumuremyi (E.S.); kwimura umukozi se akajyanwa ahandi bivuga kuba bijyanye n’uwagize intege nke cg wagaragaye amakosa ngo yikosore cg uwateshutse ku nshingano ze (uwiraye) yigarure arushe gukora neza? Ibyo simbyeranywa na we. Umukozi ashobora guhindurirwa aho yakoreraga kubera ko akora neza kugira ngo abe yagira aho ajya gufasha hadindiye. Kwimura umukozi nk’ufite intege nke cg se uwo ubuzima (imibereho inyuranye: icumbi, ibimutunga, kuba hafi abe) bwari bworoheye ukamujyana iyo bigwa, ntugire ngo ibyo utekereza ko azageraho kurusha uko ubona cg wabwiye performance yari afite ubu bizamworohera!
    Ikindi kuba umukozi amaze igihe kinini ahantu si byo bituma akora nabi cg yirara ahubwo akora neza kuruta kwirirwa avanwa aha ajya hariya kuko aho amaze igihe aba ahazi neza n’uburyo bw’imikorere amaze kubushimangira.

    Urugero ruhinyuza ibyo:
    – Abo mukorana ku rwego rw’Akarere se ntabahamaze imyaka irenga 12? Ko bahamaze icyo gihe, ntibakora neza/bateshuka ku nshingano zabo; bariraye; nabo bagomba kwimurirwa ahandi se?
    – Mugenzi wawe w’i Huye (Huye District ES) ko kuva uturere dushya twajyaho guhera muri 2006 (imyaka 16 yose ishize) akiri muri ako Karere ntakomeje kurangwa n’imikorere myiza dore ko n’Akarere ke gahora kaza mu twa 1 mu kwesa imihigo ku rwego rw’Igihugu! Muhanga umwanya iba iriho urawuzi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?