BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bidasabye gufunguza konti

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bidasabye gufunguza konti

admin
Last updated: August 18, 2022 1:52 pm
admin
Share
SHARE

Iwacu Finance ikigo cy’imari giciriritse cyafunguye imiryango kuri uyu wa kabiri, kikaba kije gufasha abari bafite ibibazo bijyanye na serivisi z’imari , aho iki kigo kizajya gitanga inguzanyo bidasabye umukiliya kugira konti y’ubwizigame cyangwa kuhacisha umushahara.

Abayobozi batandukanye bitabiriye itangizwa ry’iki kigo

Ubuyobozi bwa Iwacu Finance buvuga ko Ibi bizafasha abifuza kwaka inguzanyo zinyuranye , ubusanzwe basabaga kuba afite umushahara anyuza muri banki cyangwa kwizigamamo.

Umuyobozi mukuru wa Iwacu finance Higiro Innocent yavuze ko batemerewe gufata ubwizigame bw’abakiliya.

Ati “Amafaranga y’abakiliya ntabwo tukusanya ngo tuyabike , ahubwo twebwe turabaguriza gusa.”

Higiro Innocent yakomeje avuga ko ibisabwa ni nk’ibindi byose bisabwa mu bindi bigo by’imari.

Ibizibandwaho cyane mu gutanga serivisi y’inguzanyo harimo uburezi, ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’ubucuruzi.

Umugenzuzi w’ibigo by’imari bito n’ibiciriritse muri banki nkuru y’u Rwanda Rwagasana James ashimangira ko iyi serivisi isanzwe itangwa muri banki z’ubucuruzi zimwe na zimwe ariko kuba hagiye ikigo cy’imari kibanda kuri izi serivisi bizafasha abayikenera.

Ati “ N’ibintu bishimishije kuko byongera umubare w’abantu baje gutanga serivisi z’imari bikanagabanya icyuho cy’abantu batagerwaho na serivisi z’imari. Nk’uko mu bizi hari raporo yasohotse muri 2020 ivuga yuko 77% y’Abanyarwanda haribo bagerwaho na serivisi z’imari bigenzurwa na banki nkuru y’u Rwanda , rero muri urwo rwego iyo tubonye undi ubasha kubikora , bitwereza umwanya wo kureba icyuho cya 23% bisigaye ko izavamo.”

Rwagasana James yakomeje avuga ko banki nkuru y’u Rwanda iyo ibonye abantu (ibigo by’imari) batazafata ubwizigame bw’abantu , bagakoresha amafaranga yabo , ibyo bibaha icyizere mu kuzamura ubukungu bw’Abanyarwanda ndetse binagabanya ingaruka ( Risk).

Ubuyobozi bwa Iwacu-finance buvuga ko gahunda bafite nukuzamura ubukungu bw’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange , ikindi nuko batekereje gufungura ikigo cy’imari giciriritse kuko babonye abacuruzi ndetse n’abakozi b’ibigo bakenera inguzanyo y’igihe gitoya , iciriritse kandi yishyurwa vuba bitewe nibyo bakora mu buzima bwa buri munsi.

Daddy Sadiki RUBANGURA / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Patrick says:
    August 19, 2022 at 8:51 am

    KO mutatanze contacts umuntu yabarizaho amakuru yiki kigo? Cyaba kigira amashami muri Kigali no muntara cg biracyari mugitekerezo bizakorwa muminsi irimbere

    Reply
  • Patrick says:
    August 19, 2022 at 8:51 am

    KO mutatanze contacts umuntu yabarizaho amakuru yiki kigo? Cyaba kigira amashami muri Kigali no muntara cg biracyari mugitekerezo bizakorwa muminsi irimbere

    Reply
  • RUBASHANGABO Edward says:
    August 24, 2022 at 5:19 pm

    muraho neza nambayanjye ngiyi

    RUBASHANGABO Edward
    0782656731

    Reply
  • RUBASHANGABO Edward says:
    August 24, 2022 at 5:19 pm

    muraho neza nambayanjye ngiyi

    RUBASHANGABO Edward
    0782656731

    Reply
  • jj says:
    August 25, 2022 at 11:01 am

    muduhe adress zabo

    Reply
  • jj says:
    August 25, 2022 at 11:01 am

    muduhe adress zabo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubukungu

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

5 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?