BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bidasabye gufunguza konti

Mu Rwanda hatangijwe ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bidasabye gufunguza konti

admin
Last updated: August 18, 2022 1:52 pm
admin
Share
SHARE

Iwacu Finance ikigo cy’imari giciriritse cyafunguye imiryango kuri uyu wa kabiri, kikaba kije gufasha abari bafite ibibazo bijyanye na serivisi z’imari , aho iki kigo kizajya gitanga inguzanyo bidasabye umukiliya kugira konti y’ubwizigame cyangwa kuhacisha umushahara.

Abayobozi batandukanye bitabiriye itangizwa ry’iki kigo

Ubuyobozi bwa Iwacu Finance buvuga ko Ibi bizafasha abifuza kwaka inguzanyo zinyuranye , ubusanzwe basabaga kuba afite umushahara anyuza muri banki cyangwa kwizigamamo.

Umuyobozi mukuru wa Iwacu finance Higiro Innocent yavuze ko batemerewe gufata ubwizigame bw’abakiliya.

Ati “Amafaranga y’abakiliya ntabwo tukusanya ngo tuyabike , ahubwo twebwe turabaguriza gusa.”

Higiro Innocent yakomeje avuga ko ibisabwa ni nk’ibindi byose bisabwa mu bindi bigo by’imari.

Ibizibandwaho cyane mu gutanga serivisi y’inguzanyo harimo uburezi, ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’ubucuruzi.

Umugenzuzi w’ibigo by’imari bito n’ibiciriritse muri banki nkuru y’u Rwanda Rwagasana James ashimangira ko iyi serivisi isanzwe itangwa muri banki z’ubucuruzi zimwe na zimwe ariko kuba hagiye ikigo cy’imari kibanda kuri izi serivisi bizafasha abayikenera.

Ati “ N’ibintu bishimishije kuko byongera umubare w’abantu baje gutanga serivisi z’imari bikanagabanya icyuho cy’abantu batagerwaho na serivisi z’imari. Nk’uko mu bizi hari raporo yasohotse muri 2020 ivuga yuko 77% y’Abanyarwanda haribo bagerwaho na serivisi z’imari bigenzurwa na banki nkuru y’u Rwanda , rero muri urwo rwego iyo tubonye undi ubasha kubikora , bitwereza umwanya wo kureba icyuho cya 23% bisigaye ko izavamo.”

Rwagasana James yakomeje avuga ko banki nkuru y’u Rwanda iyo ibonye abantu (ibigo by’imari) batazafata ubwizigame bw’abantu , bagakoresha amafaranga yabo , ibyo bibaha icyizere mu kuzamura ubukungu bw’Abanyarwanda ndetse binagabanya ingaruka ( Risk).

Ubuyobozi bwa Iwacu-finance buvuga ko gahunda bafite nukuzamura ubukungu bw’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange , ikindi nuko batekereje gufungura ikigo cy’imari giciriritse kuko babonye abacuruzi ndetse n’abakozi b’ibigo bakenera inguzanyo y’igihe gitoya , iciriritse kandi yishyurwa vuba bitewe nibyo bakora mu buzima bwa buri munsi.

Daddy Sadiki RUBANGURA / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Patrick says:
    August 19, 2022 at 8:51 am

    KO mutatanze contacts umuntu yabarizaho amakuru yiki kigo? Cyaba kigira amashami muri Kigali no muntara cg biracyari mugitekerezo bizakorwa muminsi irimbere

    Reply
  • Patrick says:
    August 19, 2022 at 8:51 am

    KO mutatanze contacts umuntu yabarizaho amakuru yiki kigo? Cyaba kigira amashami muri Kigali no muntara cg biracyari mugitekerezo bizakorwa muminsi irimbere

    Reply
  • RUBASHANGABO Edward says:
    August 24, 2022 at 5:19 pm

    muraho neza nambayanjye ngiyi

    RUBASHANGABO Edward
    0782656731

    Reply
  • RUBASHANGABO Edward says:
    August 24, 2022 at 5:19 pm

    muraho neza nambayanjye ngiyi

    RUBASHANGABO Edward
    0782656731

    Reply
  • jj says:
    August 25, 2022 at 11:01 am

    muduhe adress zabo

    Reply
  • jj says:
    August 25, 2022 at 11:01 am

    muduhe adress zabo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?