BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Mu magambo y’Ikinyarwanda Minisitiri wo muri Togo yahaye ubutumwa Abanyarwanda

Mu magambo y’Ikinyarwanda Minisitiri wo muri Togo yahaye ubutumwa Abanyarwanda

admin
Last updated: January 27, 2023 12:39 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey, yanditse ubutumwa mu Kinyarwanda cyiza  agaragaza uburyo yakiriwe anashima imiyoborere ya Perezida, Paul Kagame ndetse agenera ubutumwa Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, nibwo ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey, wamugejejeho ubutumwa bwa Perezida Faure Gnassingbé.

Nyuma yo kwakirwa na Perezida wa Repubuka, Paul Kagame, yagiye kuri Twitter, agaragaza imbamutima ze.

Minisitiri Robert Dussey yagize ati “Banyarwanda, mukomeze mukunde igihugu cyanyu ndetse n’Abayobozi banyu.

Ndashimira Perezida Paul Kagame ku buyobozi bwe bwiza bw’intangarugero kandi ndashimira umuvandimwe Minisitiri Dr Vincent Biruta kunyakira neza.”

Nyuma y’umwaka umwe, ubu ngarutse mu Rwanda. Ndashimira abanyarwanda kubera kugaragaza kwitanga, cyane cyane uburyo baharanira ko umujyi wa Kigali usa neza. Muri intangarugero muri Afurika, ndabanezerewe. #Rwanda @UrugwiroVillage @RwandaMFA @LMushikiwabo pic.twitter.com/5BVWITToMM

— Robert Dussey (@rdussey) January 26, 2023

Yifashishije amafoto agaragaza gare iri mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ibiti bitoshye yagaragaje ko Kigali ari umwe mu Mijyi myiza muri Afurika.

Yagize ati “Nyuma y’umwaka umwe, ubu ngarutse mu Rwanda. Ndashimira Abanyarwanda kubera kugaragaza kwitanga, cyane cyane uburyo baharanira ko umujyi wa Kigali usa neza. Muri intangarugero muri Afurika, ndabanezerewe.”

U Rwanda na Togo bibanye neza ndetse mu mwaka wa 2018, ibihugu byombi byagiranye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zo mu Kirere .

Ky ruhande rw’uRwanda yashyizweho umukono n’uwahoze ari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo,Uwihanganye Jean de Dieu.

Ni mu gihe Togo yasinywe na Minisitiri w’ibikorwaremezo n’ubwikorezi Gnofam Ninsao.

Ku wa Kane Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Togo, Robert Dussey
Robert Dussey yari azaniye Perezida Kagame ubutumwa bwa mugenzi we
Robert Dussey yanabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?