BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > MONUSCO yasobanuye uko abaturage batwitse imodoka zayo, babiri bagakomereka

MONUSCO yasobanuye uko abaturage batwitse imodoka zayo, babiri bagakomereka

admin
Last updated: November 2, 2022 1:59 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, MONUSCO zaraye zihuye n’uruba gusenya ubwo imodoka zabo ebyiri zatwikwaga n’abaturage, itangazo rivuga ko ba Injeniyeri babiri bakomeretse.

Imodoka ya MONUSCO yahiye irakongoka

Byabereye ahitwa Kanyaruchinya muri kilometer nkeya hafi ya Goma, mu masaha y’ijoro ku wa Kabiri tariki ya 01 Ugushyingo, 2022.

MONUSCO ivuga ko ahagana saa tatu y’ijoro (21h00) umurongo w’imodoka zayo zari zivuye Rumangabo zigana i Goma zahagaritswe zigeze kuri bariyeri y’ingabo za Leta, FARDC ahitwa Kanyaruchinya muri km 8 hafi ya Goma.

Abaturage benshi ngo bahise bahagera, batangira gutera amabuye ku modoka za MONUSCO, ndetse batwika imodoka y’izi ngabo.

MONUSCO yaje kurasa amasasu menshi, ingabo zayo zibasha kuhikura amahoro, gusa MONUSCO ivuga ko ba Injeniyeri babiri bakomoka muri Bangladesh bakomeretse.

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zivuga ko kwangiza ibikoresho byazo bigabanya ubushobozi bwazo mu gishyira mu bikorwa intego zifite yo kurinda abaturage b’abasivile.

Abaturage batwitse imodoka za MONUSCO

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • gasana says:
    November 2, 2022 at 2:46 pm

    Bamwe bagereranya UN nk’Intare imoka gusa,ariko itagira amenyo.Uretse guhemba ibifaranga byinshi gusa,nta gihugu na kimwe yali yazanamo amahoro.Ibi byerekana ko abantu tudashobora kwitegeka neza nkuko Yeremiya 10:23 havuga.Niyo mpamvu nkuko Daniel 2:44 havuga,ku munsi w’imperuka Imana izamenagura ubutegetsi bw’abantu ishyireho ubwayo.Kuli uwo munsi kandi,Imana izazura abantu bapfuye baririndaga gukora ibyo itubuza ibahe ubuzima bw’iteka nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6 umurongo wa 40.

    Reply
  • Vensa says:
    November 2, 2022 at 3:31 pm

    MONISCO irutwa nabaringa byabintu birinda inyoni mumurima ahubwo batwitse nkeya bari gutwika zose

    Reply

Leave a Reply to Vensa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?