BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Mme Jeannette Kagame yavuze ku butwari bwa Perezida Kagame ku isabukuru ye

Mme Jeannette Kagame yavuze ku butwari bwa Perezida Kagame ku isabukuru ye

admin
Last updated: October 23, 2022 7:12 pm
admin
Share
SHARE

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ari ari impano ikomeye bahawe nk’umuryango, yabivuze agaragaza ko basangiye gateau yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 65.

Madamu Jeannette Kagame yifurije isabukuru nziza umugabo we

Tariki 23 Ukwakira 1957 i Tambwe mu Karere ka Ruhango, nibwo Perezida Kagame yavutse. Yari umuhererezi akaba mu bana batanu.

Kugeza ubu iyi tariki iracyari ibyishimo kurushaho kuko yaranze umuryango, ikaba izirikanwa n’abanyarwanda bose ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

Kuri iki cyumweru, Madamu Jeannette Kagame, yifatanyije na Perezida Paul Kagame kwizihiza uyu munsi amutegurira gateau ndetse amubwira amagambo y’urukundo agaragaza ibyishimo mu muryango.

Mu magambo yuje urugwiro yagize ati “Bihora ari umugisha kwishimana namwe Paul Kagame, Isabukuru nziza y’amavuko ku muyobozi w’agatangaza, Papa, Sogokuru n’Umugabo. Byongeyeho imyaka 65 ni urugendo rw’agatangaza. Ndagushimira ku bw’umuryango twahawe, uri impano kuri twese.”

Uretse Madamu Jeannette Kagame, abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu, abanyarwanda n’inshuti za Perezida Kagame bamwoherereje ubutumwa bw’ibyishimo kuri uyu munsi.

Perezida Kagame ari izihiza isabukuru ye y’amavuko ndetse anishimira ko ubu yabaye sogokuru, umukobwa we Ange Kagame amaze kumubyariye abuzukuru babiri.

Nubwo Perezida Kagame yavukiye mu Rwanda ku babyeyi bombi b’Abanyarwanda, ntiyagize amahirwe yo kuhakurira kubera intambara zishingiye ku moko zabaye mu Rwanda, byatumye akiri muto umuryango we uhungira muri Uganda.

Ni umwe mu batazibagirana mu mateka y’u Rwanda kuko nyuma y’uko Intwari, Maj Gen Fred Gisa Rwigema wari watangije urugamba rwo kubohora igihugu yitabye Imana ku munsi wa kabiri w’urugamba, Perezida Kagame yahise areka amasomo ye mu bya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aza kuyobora urugamba.

Tariki ya 4 Nyakanga 1994 ingabo yari ayoboye za RPA zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ubwo hashyirwagaho Guverinoma y’inzibacyuho yahise ahabwa kuba Visi Perezida na Minisitiri w’Ingabo, mu 2000 akaba yaratowe nka Perezida w’inzibacyuho asimbuye Pasiteri Bizimungu.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Rebero Jeremy says:
    October 24, 2022 at 7:48 pm

    Imyaka 65! Ntabwo ari mike yuko nkeka gufata pension bikiri kuri 60 gusa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?