BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Sep 3, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

sam
Last updated: July 17, 2025 10:30 am
sam
Share
SHARE

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije abamaze iminsi bavuga ko umugabo we yakennye, abibutsako ntawe yamurindishije.

Miss Naomi atangaje ibi nyuma y’umunsi umwe ushize ku mbuga nkoranyambaga hazengurutswa ifoto y’umugabo we Michael Tesfay agaragara ari mu modoka rusange ari nabyo abenshi bashingiyeho bavuga ko yakennye.

Mu kiganiro yakoreye ku rubuga rwa Instagram (Live), yabasubije ko ubuzima bw’umugabo we Michael Tesfay butabareba, bakwiye kumumurekera icyakora ko we bemerewe kumuvugaho ibyo bashaka ariko bagera ku mugabo we bagafunga iminwa.

Yagize ati: “Icyo yatega cyose, yajya hehe mujye mumureka kandi igihe muzajya mumubona, mujye mufunga umunwa. Icyo nzabafasha, ni ukubagurira akantu kitwa ‘Super Glue’, ariko kuri njye rwose mwemerewe kuvuga ibyo mushaka? Numvise muvuga ko akennye!

Akomeza agira ati: “Mwigeze mumubona aza hano ku mbuga nkoranyambaga asabiriza? Nigeze nza hano ku mbuga nkoranyambaga mvuga ko hari ibitagenda kuri we? Oya, rero mumundekere. Ubundi ko mubereka naramubahaye? Ni uwanjye. Iyo nza kumushyira hano ku mbuga nkoranyambaga, hari ubwo nza mvuga ngo mumutware? Oya. Iyi ni isura y’umuntu wishimye, utari guhangana n’ibibazo.”

Ibyo bibaye nyuma y’ikiganiro Naomie aherutse gukora avuga ko mu gihe gito amaze mu rugo amaze kuhigira kwihangana cyane ko atagiraga kwihangana na guke, ahishura ko umugabo afite agira kwihangana kurenze kandi amaze kubimwigisha.

Urugo rwa Mihael Tesfay na Miss Naomie rumaze amezi agera muri arindwi kuko barushinze tariki 29 Ukuboza 2024 nyuma y’umwaka bari bamaze bakundanye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye uburyo agahenge katubahirizwa hagati y’impande zihanganiye…

RRA yatanze miliyoni 464 Frw TVA ku baguzi basabye fagitire za EBM

Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA), kuri uyu wa Gatanu tariki 15 kanama, cyatanze…

Pakistan: Imyuzure imaze guhitana abarenga 300

Inzego z’ubuyobozi zo muri Pakistan zavuze ko imvura nyinshi yateje imyuzure n’inkangu…

Hamenyekanye imibare y’abapfiriye mu mirwano y’Ingabo za RDC na Wazalendo

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko imirwano y’abasirikare bacyo,…

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

Abashyigikiye Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana umuhuro wa perezida wa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Weasel yasezerewe mu bitaro

1 Min Read
Imyidagaduro

Teta Sandra yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umugabo we Weasel kubushake

2 Min Read
Imyidagaduro

Umurinzi wa The Ben yajyanywe kwamuganga igitaraganya

1 Min Read
Imyidagaduro

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?