BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Meddy yahishuye ishavu aterwa n’urupfu rw’umubyeyi we

Meddy yahishuye ishavu aterwa n’urupfu rw’umubyeyi we

admin
Last updated: October 6, 2022 10:47 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert wamenyekanye mu muziki nyarwanda nka Meddy nyuma y’ukwezi kurenga apfushije mama we umubyara yashyize hanze agahinda aterwa no kumubura akimukeneye.

Umuhanzi Meddy yongeye kwandika agahinda k’uko yashenguwe n’urupfu rwa nyina

Meddy waherukaga gushyira ubutumwa kuri Instagaram tariki 1 Kanama 2022, yongeye gutambutsa ubutumwa bw’agahinda aterwa n’urupfu rwa mama we ndetse n’inzibutso yamusigiye.

Mu butumwa burebure yatangiye agira ati “Nagerageje inshuro nyinshi kugira icyo nkwandikaho, buri gihe nagerageje amagambo yarabuze. Mu by’ukuri navuga iki.”

Meddy yahishyuye ko mama we yari umubyeyi w’agatangaza, udatinya, w’umunyamurava ndetse ukomeye atigeze abona maze amushimira inzibutso nziza yamusigiye.

Ati “Wantoje ikinyabupfura nka papa, unkunda nka mama, wansetsaga nk’inshuti. Mugore w’agatangaza, mama mwiza nzi neza ko uriho uyu munsi kuruta na mbere. Warakoze kunyigisha ijambo ry’Imana, kugendera mu nzira y’ukuri, warakoze cyane ku ndangagaciro zose z’ubuzima bwanjye nakwigiyeho n’ubumenyi bwose wampaye. Warakoze ku nyigisha igisobanuro cya nyacyo cy’ubuzima. Wabanye nanjye aho nta n’umwe wari ubishoboye.”

Yakomeje agira ati “Ndagukunda birenze uko nigeze ngukunda, ndabizi neza ko nyuma y’iki gicucuccu  nzongera ku kubona nanone.”

Meddy wagaragaje urukundo ruhambaye yakundaga umubyeyi we n’agahinda yasigaranye yavuze uko adahwema kumukumbura uko bwije nuko bucyeye.

Cyabukombe Alphonsine ubyara Meddy yitabye Imana kuwa 14 Kanama 2022 azize uburwayi ku myaka 66. Uyu mubyeyi yaguye mu gihugu cya Kenya aho yarimo kuvurirwa.

Cyabukombe Alphonsine ubyara Meddy yitabye Imana kuwa 14 Kanama 2022

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?