BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Meddy yahishuye ishavu aterwa n’urupfu rw’umubyeyi we

Meddy yahishuye ishavu aterwa n’urupfu rw’umubyeyi we

admin
Last updated: October 6, 2022 10:47 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Ngabo Medard Jobert wamenyekanye mu muziki nyarwanda nka Meddy nyuma y’ukwezi kurenga apfushije mama we umubyara yashyize hanze agahinda aterwa no kumubura akimukeneye.

Umuhanzi Meddy yongeye kwandika agahinda k’uko yashenguwe n’urupfu rwa nyina

Meddy waherukaga gushyira ubutumwa kuri Instagaram tariki 1 Kanama 2022, yongeye gutambutsa ubutumwa bw’agahinda aterwa n’urupfu rwa mama we ndetse n’inzibutso yamusigiye.

Mu butumwa burebure yatangiye agira ati “Nagerageje inshuro nyinshi kugira icyo nkwandikaho, buri gihe nagerageje amagambo yarabuze. Mu by’ukuri navuga iki.”

Meddy yahishyuye ko mama we yari umubyeyi w’agatangaza, udatinya, w’umunyamurava ndetse ukomeye atigeze abona maze amushimira inzibutso nziza yamusigiye.

Ati “Wantoje ikinyabupfura nka papa, unkunda nka mama, wansetsaga nk’inshuti. Mugore w’agatangaza, mama mwiza nzi neza ko uriho uyu munsi kuruta na mbere. Warakoze kunyigisha ijambo ry’Imana, kugendera mu nzira y’ukuri, warakoze cyane ku ndangagaciro zose z’ubuzima bwanjye nakwigiyeho n’ubumenyi bwose wampaye. Warakoze ku nyigisha igisobanuro cya nyacyo cy’ubuzima. Wabanye nanjye aho nta n’umwe wari ubishoboye.”

Yakomeje agira ati “Ndagukunda birenze uko nigeze ngukunda, ndabizi neza ko nyuma y’iki gicucuccu  nzongera ku kubona nanone.”

Meddy wagaragaje urukundo ruhambaye yakundaga umubyeyi we n’agahinda yasigaranye yavuze uko adahwema kumukumbura uko bwije nuko bucyeye.

Cyabukombe Alphonsine ubyara Meddy yitabye Imana kuwa 14 Kanama 2022 azize uburwayi ku myaka 66. Uyu mubyeyi yaguye mu gihugu cya Kenya aho yarimo kuvurirwa.

Cyabukombe Alphonsine ubyara Meddy yitabye Imana kuwa 14 Kanama 2022

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?