
Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko kuva mu Kuboza 2025, bumaze guta muri yombi, abantu barenga ibihumbi umunani basanzwe bakora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi n’ububandi.
Abafashwe bafatiwe mu bikorwa byiswe “Ndobo” bigamije kurwanya ubugizi bwa nabi bukorerwa mu Mijyi.
Abenshi mu bafashwe bafatiwe mu murwa mukuru w’iki Gihugu, Kinshasa, barimo 7116.
Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Congo, Jacquemain Shabani, yavuze ko ‘andi mabandi 896’ yafatiwe mu y’indi mijyi kuva mu Kuboza 2025 ubwo batangiraga ‘Operation Ndobo’.
Umujyi wa Kinshasa utuwe n’abarenga miliyoni 18 wazengerejwe n’amabandi yibumbiye mu matsinda atandukanye akora ubujura ndetse n’ubwicanyi bwitajwe intwaro.
Mu Kwakira 2025, abantu bakurikiye amashusho aho amabandi yateye banki akiba amafaranga nyuma agacakirana na Polisi bakarasana.
Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, yigeze guhagurukira insoresore zo mu mutwe wa Kuluna, akajya ababwira ko bazicwa. Aba bararafashwe burizwa indege, Mutamba ababwira ko ” bagiye kwicwa”.
