BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

sam
Last updated: July 11, 2025 8:51 am
sam
Share
SHARE
Congolese Cardinal Fridolin Ambongo Besungu speaks during a mass in commemoration of the late Pope Francis at the Notre Dame du Congo Cathedral in Kinshasa on April 21, 2025. Pope Francis, an energetic reformer who inspired widespread devotion from Catholics but riled traditionalists, died on April 21, 2025 aged 88. (Photo by Hardy BOPE / AFP) (Photo by HARDY BOPE/AFP via Getty Images)

Arikiyepisikopi Gatolika wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cardinal Fridolin Ambongo, yagaragaje ko atizeye niba Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika azahagarika intambara yo mu burasirazuba bw’igihugu cyabo.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Vatican ku wa 10 Nyakanga 2025, Cardinal Ambongo yibukije ko Trump yagerageje guhagarika intambara ya Ukraine n’u Burusiya kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yasubiraga ku butegetsi, ariko ntacyo byatanze.

Ambongo yagaragaje ko ibisubizo bya Trump ku makimbirane ya RDC nta musaruro bishobora gutanga, kuko ngo icyo ashaka mu gihugu cyabo ari amabuye y’agaciro, aho kugarura amahoro.

Yagize ati “Yagerageje iki gisubizo muri Ukraine ariko ntacyo cyatanze. Ariko iwacu, bose bari kwiruka, batewe ubwoba na Trump.”

Nyuma y’aho u Rwanda na RDC bigiranye amasezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Amerika, Trump yavuze ko kera kabaye intambara imaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa RDC igiye guhagarara.

Ibi yabishimangiye tariki ya 9 Nyakanga, agira ati “Ntekereza ko mu byumweru biri imbere abayobozi b’ibihugu byombi bazaza gusinya amasezerano ya nyuma[…]Tugiye gusinya ihagarikwa ry’intambara iteye ubwoba imaze imyaka 30.”

Cardinal Ambongo yasobanuye ko kugira ngo amasezerano y’amahoro atange umusaruro, Abanye-Congo batuye mu bice biberamo intambara baba bakwiye gutegwa amatwi kuko ari bo bazi ukuri kw’ibibazo banyuramo.

Ati “Turambiwe ubu buryo bw’imikorere. Turambiwe ibisubizo bitari byo. Turambiwe imyanzuro ifatwa hatabayeho gutega amatwi ababa mu mutekano muke.”

Mu masezerano u Rwanda rwagiranye na RDC, ibi bihugu ndetse na Amerika byemeranyije gushyigikira ibiganiro bya Doha bihuza intumwa za Leta ya RDC n’iz’ihuriro AFC/M23, kuko ari byo bigamije gukemura amakimbirane y’Abanye-Congo bihereye mu mizi.

AFC/M23 isobanura ko amasezerano y’u Rwanda na RDC azakemura agace gato k’aya makimbirane, bitandukanye n’ashobora kuzasinyirwa i Doha mu biganiro byatangijwe na Leta ya Qatar muri Werurwe 2025.

Ibi byavuzwe n’Umuyobozi w’iri huriro, Corneille Nangaa, wagize ati “Ni yo mpamvu AFC/M23 ishima gahunda ya Doha iyobowe na Leta ya Qatar, isaba Leta ya Kinshasa ibiganiro bitaziguye n’ihuriro ryacu, hagamijwe gukemura impamvumuzi y’ikibazo cyo muri RDC.”

Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, intumwa za Leta ya RDC na AFC/M23 ziri i Doha kugira ngo zikemure ibyo zitumvikanyeho mu byiciro by’ibiganiro byabanje. Zaherukagayo mu ntangiriro za Kamena 2025.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
Politike

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?