BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 16, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

sam
Last updated: July 11, 2025 8:51 am
sam
Share
SHARE
Congolese Cardinal Fridolin Ambongo Besungu speaks during a mass in commemoration of the late Pope Francis at the Notre Dame du Congo Cathedral in Kinshasa on April 21, 2025. Pope Francis, an energetic reformer who inspired widespread devotion from Catholics but riled traditionalists, died on April 21, 2025 aged 88. (Photo by Hardy BOPE / AFP) (Photo by HARDY BOPE/AFP via Getty Images)

Arikiyepisikopi Gatolika wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cardinal Fridolin Ambongo, yagaragaje ko atizeye niba Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika azahagarika intambara yo mu burasirazuba bw’igihugu cyabo.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Vatican ku wa 10 Nyakanga 2025, Cardinal Ambongo yibukije ko Trump yagerageje guhagarika intambara ya Ukraine n’u Burusiya kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yasubiraga ku butegetsi, ariko ntacyo byatanze.

Ambongo yagaragaje ko ibisubizo bya Trump ku makimbirane ya RDC nta musaruro bishobora gutanga, kuko ngo icyo ashaka mu gihugu cyabo ari amabuye y’agaciro, aho kugarura amahoro.

Yagize ati “Yagerageje iki gisubizo muri Ukraine ariko ntacyo cyatanze. Ariko iwacu, bose bari kwiruka, batewe ubwoba na Trump.”

Nyuma y’aho u Rwanda na RDC bigiranye amasezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Amerika, Trump yavuze ko kera kabaye intambara imaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa RDC igiye guhagarara.

Ibi yabishimangiye tariki ya 9 Nyakanga, agira ati “Ntekereza ko mu byumweru biri imbere abayobozi b’ibihugu byombi bazaza gusinya amasezerano ya nyuma[…]Tugiye gusinya ihagarikwa ry’intambara iteye ubwoba imaze imyaka 30.”

Cardinal Ambongo yasobanuye ko kugira ngo amasezerano y’amahoro atange umusaruro, Abanye-Congo batuye mu bice biberamo intambara baba bakwiye gutegwa amatwi kuko ari bo bazi ukuri kw’ibibazo banyuramo.

Ati “Turambiwe ubu buryo bw’imikorere. Turambiwe ibisubizo bitari byo. Turambiwe imyanzuro ifatwa hatabayeho gutega amatwi ababa mu mutekano muke.”

Mu masezerano u Rwanda rwagiranye na RDC, ibi bihugu ndetse na Amerika byemeranyije gushyigikira ibiganiro bya Doha bihuza intumwa za Leta ya RDC n’iz’ihuriro AFC/M23, kuko ari byo bigamije gukemura amakimbirane y’Abanye-Congo bihereye mu mizi.

AFC/M23 isobanura ko amasezerano y’u Rwanda na RDC azakemura agace gato k’aya makimbirane, bitandukanye n’ashobora kuzasinyirwa i Doha mu biganiro byatangijwe na Leta ya Qatar muri Werurwe 2025.

Ibi byavuzwe n’Umuyobozi w’iri huriro, Corneille Nangaa, wagize ati “Ni yo mpamvu AFC/M23 ishima gahunda ya Doha iyobowe na Leta ya Qatar, isaba Leta ya Kinshasa ibiganiro bitaziguye n’ihuriro ryacu, hagamijwe gukemura impamvumuzi y’ikibazo cyo muri RDC.”

Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, intumwa za Leta ya RDC na AFC/M23 ziri i Doha kugira ngo zikemure ibyo zitumvikanyeho mu byiciro by’ibiganiro byabanje. Zaherukagayo mu ntangiriro za Kamena 2025.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
Politike

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?