BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Kayonza: Agahinda ko gutsindwa kw’ikipe afana katumye yiyambura ubuzima

Kayonza: Agahinda ko gutsindwa kw’ikipe afana katumye yiyambura ubuzima

admin
Last updated: January 12, 2026 4:30 pm
admin
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, haravugwa inkuru y’umusore wapfuye bivugwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, aho bikekwa ko yaba yabitewe n’agahinda, nyuma y’umukino wahuje APR FC na Rayon Sports mu mpera z’icyumweru gishize.

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026. Uyu musore yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Gasogororo mu Kagari ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange.

Amakuru avuga ko uyu musore warindaga ibikoresho by’ubwubatsi bya mwenewabo, ku wa Gatandatu yagiye kureba umupira wahuje Rayon Sports na APR FC.

Umupira urangiye yaratashye agera mu nzu ye ahitamo kwiryamira. Ku wa 11 Mutara yiriwe yacanye radiyo yirirwa ivuga binaba uko ijoro ryose.

Ni na ko yagaragazaga agahinda gakomeye yatewe n’uko ikipe afana yatsinzwe cyane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude, yatangaje ko amakuru bahawe n’abaturanyi ari uko iyo radiyo yakomeje kuvuga cyane ari na ko uwo musore na we ari kuri telefone.

Ati “Turakeka ko yiyahuye ahagana Saa Cyenda z’ijoro kuko ni bwo ngo radiyo yayongereye cyane ku buryo abaturanyi bayumva. Bukeye rero abaturage bagiyeyo basanga yimanitse mu ishuka tugakeka ko yiyahuje iyo shuka.”

Gitifu Murekezi yasabye abaturage kwirinda kwiyambura ubuzima agaragaza ko gutsindwa mu mupira w’amaguru ari ibintu bisanzwe ko nta muntu n’umwe ukwiye kwiyambura ubuzima kubera gufana cyane.

Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Mu Rwanda

Kirehe: Uwakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yarashwe na polisi

2 Min Read
Mu Rwanda

REB yatangiye gutanga mudasobwa 15.000 mu bigo by’amashuri birenga 400

2 Min Read
Mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?