BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umusore yahanutse ku modaka igenda agwa hasi

Kamonyi: Umusore yahanutse ku modaka igenda agwa hasi

admin
Last updated: October 12, 2022 7:52 pm
admin
Share
SHARE

Munyengabe Phocas w’imyaka 17 y’amavuko yuriye imodoka yo mu bwoko bwa FUSSO, arahanuka agwa hasi ahita apfa.

Imodoka uriya musore yari yuriye

Iyi mpanuka yishe Munyengabe yabaye saa mbili n’igice z’igitondo ubwo umushoferi wayo yavaga gupakira amabuye mu Mudugudu wa  Kibaya, ayajyana  mu Kagari ka Ruyenzi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, Ndayisaba Pierre avuga ko bahageze basanga uyu musore amaze gupfa.

Ati: “Tumaze iminsi duhangana n’abatwaye amagare bafata ku mudoka zipakiye, tukababwira ko biteza impanuka, ariko bakanga bagakomeza kuzifataho.”

Ndayisaba yavuze ko hari abo izo mpanuka zimaze guhitana.

Yasabye abanyamagare by’umwihariko n’abandi bose bafite iyo ngeso ko bayicikaho bakibuka ko amagara iyo asesetse atayorwa.

Umurambo wa Munyengabe Phocas wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Gitifu Ndayisaba avuga ko uwari utwaye imodoka yagiye kuri Traffic ya Polisi gusobanura uko impanuka yagenze.

Gusa yavuze ko mu makuru babashije kumenya, ari uko umushoferi atigeze amenya ko hari umuntu wafashe ku modoka ye kuko ngo yabimenye ari uko ahanutse.

MUHIZI ELISÉE
UMJSEKE.RW/Kamonyi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
8 Comments
  • Mugisha says:
    October 12, 2022 at 8:32 pm

    bagiye gusuzuma iki?kureba niba yishwe n’ikamyo cg niba yishwe n’urupfu!!!Ariko abasuzumyi nabo barasetsa koko

    Reply
    • Claude gatunda says:
      October 12, 2022 at 11:37 pm

      Ese kucyi wibaza byinshi reka ababishinzwe bajye babikora 👍

      Reply
  • Mugisha says:
    October 12, 2022 at 8:32 pm

    bagiye gusuzuma iki?kureba niba yishwe n’ikamyo cg niba yishwe n’urupfu!!!Ariko abasuzumyi nabo barasetsa koko

    Reply
  • Nsabimana says:
    October 12, 2022 at 9:57 pm

    Bihangane

    Reply
  • Nsabimana says:
    October 12, 2022 at 9:57 pm

    Bihangane

    Reply
  • Claude gatunda says:
    October 12, 2022 at 11:34 pm

    Dukwiye kwirinda tkarinda nibyashyira u uzima bwacu mukaga

    Reply
  • Theos says:
    October 13, 2022 at 7:58 am

    Bibangombwa kuko uwemerewe kwemeza ko Ubuntu yapfuye ni umuganga gusa

    Reply
  • Theos says:
    October 13, 2022 at 7:58 am

    Bibangombwa kuko uwemerewe kwemeza ko Ubuntu yapfuye ni umuganga gusa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?