BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

admin
Last updated: December 12, 2022 7:29 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda buravuga ko hari inzu y’uwitwa Umwiza Bernadette bacururizagamo amata yafashwe n’inkongi y’umuriro igakongoka.

Inzu bacururizamo amata yahise irakongoka

Iyi nkongi y’umuriro yafashe iyo nzu y’ubucuruzi yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere taliki ya 12 Ukuboza 2022.

Gitifu w’Umurenge wa Runda Ndayisaba Egide Jean Pierre yabwiye UMUSEKE ko inzu ubwayo yakongotse igahiramo n’ibikoresho byose by’ubucuruzi bw’amata by’uwitwa Ndayisenga Innocent  wayikodeshaga.

Ndayisaba yavuze ko iyo nzu ikimara gufatwa n’inkongi y’umuriro abaturage babatabaje bakahagera yarangije gushya.

Ati “Ntabwo turakora ibarura ngo tumenye agaciro k’ibyahiriyemo ariko nta na kimwe cyabashije kuvamo.”

Gusa Ndayisaba yavuze ko igisenge cyose cyahiye, hasigaye igikuta cyonyine.

Ndayisaba avuga ko usibye ibarura ry’ibyononwe n’iyi nkongi batarakora, bataramenya n’icyateye iyi nzu gushya akavuga ko hari inzego zigiye gukora iperereza.

Inzu y’ubucuruzi bw’amata yakongotse, iherereye imbere ya Banki y’abaturage mu Mujyi wa Runda.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda buvuga ko butaramenya icyateye iyo nkongi y’umuriro.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Kamonyi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?