BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yahiye irakongoka

admin
Last updated: December 12, 2022 7:29 pm
admin
Share
SHARE
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda buravuga ko hari inzu y’uwitwa Umwiza Bernadette bacururizagamo amata yafashwe n’inkongi y’umuriro igakongoka.

Inzu bacururizamo amata yahise irakongoka

Iyi nkongi y’umuriro yafashe iyo nzu y’ubucuruzi yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere taliki ya 12 Ukuboza 2022.

Gitifu w’Umurenge wa Runda Ndayisaba Egide Jean Pierre yabwiye UMUSEKE ko inzu ubwayo yakongotse igahiramo n’ibikoresho byose by’ubucuruzi bw’amata by’uwitwa Ndayisenga Innocent  wayikodeshaga.

Ndayisaba yavuze ko iyo nzu ikimara gufatwa n’inkongi y’umuriro abaturage babatabaje bakahagera yarangije gushya.

Ati “Ntabwo turakora ibarura ngo tumenye agaciro k’ibyahiriyemo ariko nta na kimwe cyabashije kuvamo.”

Gusa Ndayisaba yavuze ko igisenge cyose cyahiye, hasigaye igikuta cyonyine.

Ndayisaba avuga ko usibye ibarura ry’ibyononwe n’iyi nkongi batarakora, bataramenya n’icyateye iyi nzu gushya akavuga ko hari inzego zigiye gukora iperereza.

Inzu y’ubucuruzi bw’amata yakongotse, iherereye imbere ya Banki y’abaturage mu Mujyi wa Runda.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda buvuga ko butaramenya icyateye iyo nkongi y’umuriro.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Kamonyi

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?